Iburasirazuba: Hamenyekanye amakipe azahagararira Intara mu irushanwa ry'Umurenge Kagame Cup 2025/2026.
Mu mpera z'icyumweru gishize mu karere ka Ngoma habereye imikino ya nyuma mu irushanwa Umurenge Kagame Cup ku rwego rw'Intara y'Iburasirazuba. Imikino yabereye kuri sitade ya Ngoma, mu mupira w'amaguru ibikombe byatashye mu karere ka Kirehe mu gihe muri volleyball naho ibikombe byose byasigaye mu karere ka Ngoma.
Imikino ya nyuma y'amarushanwa yitiriwe Umukuru w'Igihugu "Umurenge Kagame Cup" ku rwego rw'Intara y'Iburasirazuba yasorejwe mu Murenge wa Kibungo kuri Satade y'Akarere ka Ngoma, ku wa Cyumweru tariki ya 29 Werurwe 2026.
Mu mikino yabereye mu karere ka Ngoma, harimo Imikino ya nyuma mu mupira w'amaguru no mu mikino y'intoki mu gihe Imikino Ngoraramubiri no gusiganwa ku magare yari yarabereye mu karere ka Gatsibo mbere y'uko hakinwa iyi mikino ndetse hamenyekanye n'abazahagararira Intara y'Iburasirazuba muri iyo mikino.
Mu mupira w'amaguru Akarere ka Kirehe kongeye kwegukana ibikombe mu bagabo no mu bagore, mu gihe muri volleyball Akarere ka Ngoma katwaye ibikombe mu bagabo no mu bagore. Mu mupira w'amaguru mu bagore amakipe yombi yageze ku mukino wa nyuma ni ayo mu karere ka Kirehe, Umurenge wa Gatore wegukana igikombe utsinze Umurenge wa Gahara ibitego 2-1. Mu bagabo Umurenge wa Kigarama wo mu karere ka Kirehe, watwaye igikombe utsinze Umurenge wa Murambi wo mu karere ka Gatsibo ibitego 2-1.
Mu mukino wa Volleyball ikipe yari ihagarariye Akarere ka Ngoma mu bagabo yatsinze Akarere ka Kayonza amaseti 3-0. Mu bagore Ngoma yatsinze ikipe yari ihagarariye Akarere ka Rwamagana amaseti 3-0. Muri Basketball, mu bagabo Akarere ka Rwamagana katwaye igikombe nyuma yo gutsinda Akarere ka Ngoma ku mukino wa nyuma gatsinze amanota 76 kuri 63. Mu bagore Kayonza yegukanye Igikombe itsinze Nyagatare 82 kuri 30.
Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, mu ijambo yavuze asoza aya marushanwa ku rwego rw'Intara y'Iburasirazuba, yashimiye amakipe yitabitabiriye ayo marushanwa ndetse n'abaturage bashyigikiye amakipe yabo. Yanasabye urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge n'inzoga zitujuje ubuzirange.
Amakipe yatwaye ibikombe ndetse n'abakinnyi bitwaye neza mu mu Gisoro, mu mikino Ngoraramubiri no gusiganwa ku magare nabo bazahagararira Intara y'Iburasirazuba ku rwego rw'Igihugu.
Ubwo irushanwa ry'imiyoborere myiza rihuza uturere ryatangiraga mu 2007, icyo gihe Umurenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana wegukanye Igikombe cy'imiyoborere myiza ku rwego Igihugu mu mikino ya nyuma yabereye mu karere ka Karongi. Icyo gihe Umurenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana nawo wegukanye Igikombe cy'indirimbo ya mbere ry'irushanwa ry'imiyoborere nyuma ryahinduriwe izina rikitwa "Umurenge Kagame Cup."
Umurenge Kagame Cup 2025/2026, ni irushanwa ryagize umwihariko mu bijyanye n'ubwitabire bw'abafana bafannye amakipe yabo, by'umwihariko Umurenge wa Murambi wo mu karere ka Gatsibo, waherekezwaga n'abaturage benshi aho wabaga ugiye gukina hose.


Kinyarwanda
English
Swahili









