CHADEMA yunamiye abaguye mu myigaragambyo
CHADEMA, ishyaka ritavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan ryashyizeho iminsi yo kunamira inzirakarengane zaguye mu myigaragambyo yabaye ku wa 29 Ukwakira 2025.
Ku wa 4 Ugushyingo 2025 CHADEMA ishyaka ritavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan ryashyizeho iminsi ine yo kunamira inzirakarengane zaguye mu myigaragambyo.
Brenda Rupia, ushinzwe itangazamakuru no kumenyekanisha ishyaka yavuze ko kunamira inzirakarengane bihera ku itariki 5-9 Ugushyingo 2025 ku biro by'ishyaka mu gihugu hose idarapo rizajya ryururutswa kuva saa sita z'ijoro kugeza saa sita z'amanywa.
Brenda Rupia mu mashusho yasangije ku mbuga nkoranyambaga za CHADEMA yavuze ko abaguye mu myigaragambyo baharaniraga uburenganzira bwabo kandi bakwiriye kubahwa.
Amatora yabaye muri Tanzania ku wa 29 Ukwakira 2025 yasize abarenga 800 baguye mu mvururu z'abatarashakaga Samia watsinze kuri 98%.


Kinyarwanda
English
Swahili









