Bwa mbere Messi yakoreye amateka muri Shampiyona y’Amerika
Rutahizamu wa Inter Miami, Lionel Messi, yahawe igihembo nyuma yo kwitwara neza muri Shampiyona ya Leta Zunze ubumwe za Amerika(MLS).
Mu ijoro rya tariki 19 Ukwakira 2025, Inter Miami yatsinze Nashiville SC mu mukino wa nyuma muri Shampiyona. Uyu mukino warangiye Inter Miami itsinze ibitego 5-2. Messi yegukana igihembo cy’umukinnyi watsinze ibitego byinshi.
Ibi bitego Inter Miami yatsinze, Lionel Messi yatsinzemo ibitego Bitatu ibindi bibiri bitsindwa na Rodriguez na Segovia. Lionel messi ibi bitego byose Inter Miami yatsinze yabigizemo uruhare kuko nyuma yo gutsinda Bitatu ni nawe watanze imipira ibiri yavuyemo ibindi bitego.
Lionel Messi muri iyi shampiyona niwe watsinze anagira uruhare mu bitego byinshi kuko yujuje uruhare mu bitego 48, aho yatsinze ibitego 29 atanga n’imipira 19 yavuyemo ibitego mu mikino 29 yakinnye. Ibi Messi abikoze bwa mbere kuva yakinjira muri MLS nk’umukinnyi wa Inter Miami.
Abandi bakinnyi basoje bakurikiye rurangiranwa Lionel Messi barimo Denis Bouanga ukina muri Los Angeles FC ndetse na Sam Sturridge ukina muri Nashville SC bose bafite ibitego 24.
Abakinnyi batsinze ibitego byinshi kurusha Messi muri iyi shampiyona ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika barimo Carlos Vela watsize 34, Josef Martinez watsinze 31 ndetse na Zlatan Ibrahimovic watsinze ibitego 30.
Lionel Messi afite Ballon D’or umunani, ndetse iki gihembo cya Golden Boot atwaye kibaye icya karindwi ariko byinshi yabitwaye ari muri FC Barcelona. Inter Miami isoje Shampiyona iri ku mwanya wa 3 n’amanota 65 aho iki gikombe cya shampiyona cyatwawe na Union de Philadelphie yari ifite amanota 66.


Kinyarwanda
English
Swahili









