APR FC yasezereye Kiyovu Sports yarushijwe cyane
Ikipe ya APR FC yasezereye Kiyovu Sports mu gikombe cy'Amahoro nyuma yo kunganya 0-0 ariko yarushijwe cyane mu mukino wo kwishyura.
Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Werurwe 2026. Wari umukino ukomeye cyane ku ruhande rwa APR FC kuko nubwo yabashije gutahana inota rimwe kuri uyu mukino ariko yarushijwe cyane na Kiyovu Sports yananiwe kubyaza umusaruro amahirwe yabonye.
Urebye abasore ba Kiyovu Sports bataha izamu bahushije ibitego bitari bicye muri uyu mukino. Ikipe ya APR FC kunganya byayifashije gukomeza muri 1/4 cy'igikombe cy'Amahoro kuko yitwaye neza mu mukino ubanza.
Umukino ubanza warangiye ikipe ya APR FC ibashije kwitwara neza kuko yatsinze Kiyovu Sports ibitego 2-0. Ni ibitego byatumye ikipe ya APR FC ikina uyu mukino wo kwishyura ubona nta mbaraga nyinshi irimo gukoresha
Ikipe ya APR FC nyuma yo kugera muri 1/4, izahura na Gasogi United yasezereye Musanze FC ku giteranyo cy'ibitego 3-2. Ikipe ya Gasogi United yakaniye cyane iyi mukino bijyanye n'ibyo perezida wayo yatangaje avuga ko bifuza iki gikombe cy'Amahoro.
AMAFOTO: IGIHE


Kinyarwanda
English
Swahili









