issa
APR FC ikuye amanota atatu mu menyo ya rubamba

APR FC ikuye amanota atatu mu menyo ya rubamba

Feb 27, 2026 - 17:44
 0

Ikipe ya APR FC itahanye amanota atatu mu buryo bugoranye cyane nyuma yo gutsinda Gorilla FC ibitego 2-1.


Ni umukino watangiye ku isaha ya saa Cyenda n'igice z'amanwa. Wari umukino mwiza ariko watangiye ukonje cyane kuko amakipe yombi wabonaga arimo gukinira hagati mu kibuga cyane.

Ku munota wa 23, ikipe ya Gorilla FC yatsinze igitego cya mbere gitsinzwe na Khalifa Traore. Uyu munya-Mali yatsinze iki gitego nyuma y'amakosa yakozwe na Niyomugabo Claude wananiwe gukuraho umupira ugafatwa n'uyu musore wa Gorilla FC atsinda igitego.

Ku munota wa 25, APR FC yahushije uburyo bukomeye ku mahirwe yabonywe na Cheick Djibril Ouattara wateye umupira ukurwamo n'umuzamu maze Niyomugabo Claude asubijemo biranga Hakizimana Osai avuga ko habayemo kugarira.

Igice cya mbere cyarangiye ikipe ya Gorilla FC itsinze APR FC igitego 1-0. Ni igice APR FC yakinnye neza cyane ariko ba rutahizamu bayo bakomeza kugenda bakora amakosa. Gorilla FC nyuma yo kubona amahirwe y'igitego ntiyongeye gukina neza.

Ku munota wa 46, ikipe ya APR FC yabonye igitego cya mbere cyo kwishyura gitsinzwe na William Mel Togui ku mupira mwiza wazamuwe na Byiringiro Gilbert usanga aho Togui ahagaze atera umutwe mwiza.

Ku munota wa 69, ikipe ya Gorilla FC yahushije uburyo bukomeye ku mupira mwiza wazamukanwe na Ndongo Chancellor ateye ishoti rikomeye umupira ukurwamo na Hakizimana Adolphe ufatira APR FC.

Ikipe ya APR FC ku munota wa 80 yabonye amahirwe yo gutsinda igitego ntiyayabyaza umusaruro. Ni umupira wazamukanwe na Ouattara ariko ahita akorerwa ikosa rikomeye APR FC ihabwa kufura itagize icyo ibyara.

Ku munota wa 94, ikipe ya APR FC yatsinze igitego cya kabiri gitsinzwe na William Mel Togui. Ni igitego yatsinze iminota ine y'inyongera yarangiye. Ni koroneri nziza yatewe na Mugisha Gilbert usanga aho Togui ahagaze ahita atsinda igitego cya kabiri.

Ikipe ya APR FC yatahanye intsinzi iremereye yabonetse ku munota wa nyuma bigiye kurangira ikipe zombi zinganyije igitego 1-1. Ni Gorilla FC yakinnye uyu mukino neza ariko igira uburangare bukomeye ku munota wa nyuma itsindwa igitego cya kabiri.

Ikipe ya APR FC nyuma yo gutsinda yahise igira amanota 42 ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona y'u Rwanda. Gorilla FC yagumye ku mwanya wa 14 n'amanota 22.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

APR FC ikuye amanota atatu mu menyo ya rubamba

Feb 27, 2026 - 17:44
 0
APR FC ikuye amanota atatu mu menyo ya rubamba

Ikipe ya APR FC itahanye amanota atatu mu buryo bugoranye cyane nyuma yo gutsinda Gorilla FC ibitego 2-1.


Ni umukino watangiye ku isaha ya saa Cyenda n'igice z'amanwa. Wari umukino mwiza ariko watangiye ukonje cyane kuko amakipe yombi wabonaga arimo gukinira hagati mu kibuga cyane.

Ku munota wa 23, ikipe ya Gorilla FC yatsinze igitego cya mbere gitsinzwe na Khalifa Traore. Uyu munya-Mali yatsinze iki gitego nyuma y'amakosa yakozwe na Niyomugabo Claude wananiwe gukuraho umupira ugafatwa n'uyu musore wa Gorilla FC atsinda igitego.

Ku munota wa 25, APR FC yahushije uburyo bukomeye ku mahirwe yabonywe na Cheick Djibril Ouattara wateye umupira ukurwamo n'umuzamu maze Niyomugabo Claude asubijemo biranga Hakizimana Osai avuga ko habayemo kugarira.

Igice cya mbere cyarangiye ikipe ya Gorilla FC itsinze APR FC igitego 1-0. Ni igice APR FC yakinnye neza cyane ariko ba rutahizamu bayo bakomeza kugenda bakora amakosa. Gorilla FC nyuma yo kubona amahirwe y'igitego ntiyongeye gukina neza.

Ku munota wa 46, ikipe ya APR FC yabonye igitego cya mbere cyo kwishyura gitsinzwe na William Mel Togui ku mupira mwiza wazamuwe na Byiringiro Gilbert usanga aho Togui ahagaze atera umutwe mwiza.

Ku munota wa 69, ikipe ya Gorilla FC yahushije uburyo bukomeye ku mupira mwiza wazamukanwe na Ndongo Chancellor ateye ishoti rikomeye umupira ukurwamo na Hakizimana Adolphe ufatira APR FC.

Ikipe ya APR FC ku munota wa 80 yabonye amahirwe yo gutsinda igitego ntiyayabyaza umusaruro. Ni umupira wazamukanwe na Ouattara ariko ahita akorerwa ikosa rikomeye APR FC ihabwa kufura itagize icyo ibyara.

Ku munota wa 94, ikipe ya APR FC yatsinze igitego cya kabiri gitsinzwe na William Mel Togui. Ni igitego yatsinze iminota ine y'inyongera yarangiye. Ni koroneri nziza yatewe na Mugisha Gilbert usanga aho Togui ahagaze ahita atsinda igitego cya kabiri.

Ikipe ya APR FC yatahanye intsinzi iremereye yabonetse ku munota wa nyuma bigiye kurangira ikipe zombi zinganyije igitego 1-1. Ni Gorilla FC yakinnye uyu mukino neza ariko igira uburangare bukomeye ku munota wa nyuma itsindwa igitego cya kabiri.

Ikipe ya APR FC nyuma yo gutsinda yahise igira amanota 42 ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona y'u Rwanda. Gorilla FC yagumye ku mwanya wa 14 n'amanota 22.