Afurika y’Epfo: Abadepite basabye Leta ibisobanuro by’uko abasirikare bari muri DRC bazataha imbokoboko

Afurika y’Epfo: Abadepite basabye Leta ibisobanuro by’uko abasirikare bari muri DRC bazataha imbokoboko

Mar 18, 2025 - 10:24
 0

Abadepite bibumbiye muri Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo ishinzwe ibikorwa by’ingabo, yatangaje ko itewe impungenge z’uko abasirikare bayo bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bazataha basize intwaro bahawe n’Igihugu.


Ingabo iyi Komisiyo ivuga, ni iziri muri Congo mu butumwa bw’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo. Perezida w’iyi Komisiyo Malusi Gigaba na Phiroane Phala, bagaragaje ko uburyo bwo gutaha ku ngabo za Afurika y’Epfo budasobanutse.

Aba badepite bagaragaje impungenge ko gutaha kw’izi ngabo  bishobora kuzagira ingaruka kuri bagenzi babo bakiri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO).

Tariki ya 13 Werurwe 2025, nibwo SADC yafashe icyemezo cyo gucyura ingabo zayo ziri mu butumwa bwawo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’uko zitsinzwe n’umutwe wa M23. Ni mu gihe aba basirikare bo muri SADC bari mu bigo by’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye, aho bagenzurwa na M23 kuva mu mpera za Mutarama.

Uyu mutwe mu biganiro wagiranye n'uyu muryango watanze amabwiriza ko aba basirikare bafashwe bagomba kuzataha nta ntwaro.

Gusa Perezida Ramaphonsa asanga izi ngabo zitaratsinzwe ahubwo ngo ari  intambwe nziza yatewe, bityo ko idakwiye kubonwa nko gutsindwa kw’ingabo za SADC, ahubwo ko iri mu murongo wo guhagarika imirwano.

 

Afurika y’Epfo: Abadepite basabye Leta ibisobanuro by’uko abasirikare bari muri DRC bazataha imbokoboko

Mar 18, 2025 - 10:24
 0
Afurika y’Epfo: Abadepite basabye Leta ibisobanuro by’uko abasirikare bari muri DRC bazataha imbokoboko

Abadepite bibumbiye muri Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo ishinzwe ibikorwa by’ingabo, yatangaje ko itewe impungenge z’uko abasirikare bayo bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bazataha basize intwaro bahawe n’Igihugu.


Ingabo iyi Komisiyo ivuga, ni iziri muri Congo mu butumwa bw’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo. Perezida w’iyi Komisiyo Malusi Gigaba na Phiroane Phala, bagaragaje ko uburyo bwo gutaha ku ngabo za Afurika y’Epfo budasobanutse.

Aba badepite bagaragaje impungenge ko gutaha kw’izi ngabo  bishobora kuzagira ingaruka kuri bagenzi babo bakiri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO).

Tariki ya 13 Werurwe 2025, nibwo SADC yafashe icyemezo cyo gucyura ingabo zayo ziri mu butumwa bwawo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’uko zitsinzwe n’umutwe wa M23. Ni mu gihe aba basirikare bo muri SADC bari mu bigo by’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye, aho bagenzurwa na M23 kuva mu mpera za Mutarama.

Uyu mutwe mu biganiro wagiranye n'uyu muryango watanze amabwiriza ko aba basirikare bafashwe bagomba kuzataha nta ntwaro.

Gusa Perezida Ramaphonsa asanga izi ngabo zitaratsinzwe ahubwo ngo ari  intambwe nziza yatewe, bityo ko idakwiye kubonwa nko gutsindwa kw’ingabo za SADC, ahubwo ko iri mu murongo wo guhagarika imirwano.

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.