Abakinnyi babiri ba Al Hilal Omdurman igiye gukina Shampiyona y’u Rwanda bahawe ubwenegihugu bwa Sudani
Abakinnyi babiri bakinaga muri Al Hilal Omdurman barimo Steve Ebuela na Sunday Adetunji bahawe ubwenegihugu bwa Sudani.
Ku munsi w’ejo hashize tariki 27 Ukwakira 2025, nibwo hasohotse amakuru avuga ko abakinnyi babiri barimo Sunday Adetunji na Steve Ebuela bahawe ubwenegihugu bwa Sudani batera umugongo ibihugu bakomokamo.
Rutahizamu Sunday Adetunji ukomoka muri Nigeria, ukina nka rutahizamu yemeye gukinira ikipe y’igihugu ya Sudani, naho myugariro Ebuela Steve yemeye gukinira Sudani atera umugongo Repubulka iharanira Demokarasi ya Congo.
Aba bakinnyi babiri nyuma yo guhabwa ubwenegihugu bazanakinira ikipe y’igihugu ya Sudani yamaze gukatisha itike yo gukina igikombe cy’Afurika giteganyijwe kuba mu Ugushyingo 2025.
Ibi bihuye n’itegeko rikoreshwa hano muri shampiyona y’u Rwanda, bihura n’uko Al Hilal Omdurman igiye gukina shampiyona. Abakinnyi b’abanyamahanga bemewe muri shampiyona y’u Rwanda ni umunani gusa ndetse n’aya makipe atatu yo muri Sudani yemerewe gukina hano muri shampiyona y’u Rwanda bazakurikiza aya mategeko ahari.
Sunday Adetunji yemeye gukinira Sudani atera umugongo Nigeria
Steve Ebuela yemeye gukinira Sudani atera umugongo RDC


Kinyarwanda
English
Swahili









