Abagera kuri 320 bitabiriye Giants of Africa bahereye mu muganda
Iserukiramuco rikomeye rya Giants of Africa Festival 2025 ryatangiriye ku mugaragaro i Kigali, mu Rwanda, rihuza urubyiruko 320 ruturuka mu bihugu 20 by’Afurika mu cyumweru cyahariwe kwizihiza ibikorwa uyu muryango wagezeho.
Mu gukomeza intego zaryo zo guteza imbere no guhuza abantu, iri serukiramuco ryatangijwe n’igikorwa gikomeye cy’ubwitange cyo kwitabira Umuganda, umunsi ngarukakwezi w’igihugu wita ku bikorwa by’iterambere n’isuku y’ahantu hatandukanye mu Rwanda.
Uyu muganda udasanzwe wabereye mu Karere ka Kicukiro, aho abitabiriye iri serukiramuco, abaturage bo mu gace, ndetse n’abayobozi bakomeye bahuriye hamwe mu gukora amaterase y’indinganire no kubaka imiyoboro y’amazi ku muhanda mushya uri kubakwa uhuza imirenge ya Nyarurama na Mataba.
Abayobozi bakomeye bitabiriye harimo Meya w’Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel, Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire, Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubugeni Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, ndetse na Masai Ujiri, umwe mu bashinze Giants of Africa akaba na Visi Perezida w’ikipe ya Toronto Raptors.
Uretse ibikorwa by’Umuganda, iri serukiramuco ryakoze amateka ritangiza ku nshuro ya mbere ibikorwa byahariwe guteza imbere umugore byabereye icyarimwe mu bihugu byose 20 by’Afurika byitabiriye Giants of Africa Festival 2025.
Iri tangiriro ryubakiye ku bwitange, ubufatanye no guteza imbere abaturage, ryashyize umusingi w’icyumweru cy’ihinduramatwara kizaba kuva ku wa 26 Nyakanga kugeza ku wa 2 Kanama. Hazaba harimo amahugurwa, imyitozo ya siporo, gusangira umuco n’ibikorwa byo kwidagadura muri rusange.


Kinyarwanda
English
Swahili









