Zimbabwe igiye gusimbura Somalia mu Kanama k’Umutekano ka Loni
Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye (Loni) ku wa Gatatu yatoye ibihugu bitanu bizinjira mu Kanama k’Umutekano kagizwe n’ibihugu 15, nk’abanyamuryango badahoraho muri manda y’imyaka ibiri izatangira ku wa 1 Mutarama 2027.
Zimbabwe ni yo yatorewe guhagararira Afurika, itowe nta kindi gihugu kiyihanganye. Izifatanya na Austria, Kyrgyzstan, Portugal na Trinidad na Tobago, na byo byatorewe kwinjira muri aka kanama.
Aya matora yabaye amateka kuri Kyrgyzstan, kuko ari bwo bwa mbere icyo gihugu kizaba kibaye umunyamuryango w’Akanama k’Umutekano kuva cyakinjira muri Loni mu 1992.
Mu itsinda ry’Ibihugu byo mu Burayi bw’Iburengerazuba n’ibindi bifatanyije, u Budage bwari bwakoze ubukangurambaga bushaka kubona umwe mu myanya ibiri yahatanirwaga, ariko buza ku mwanya wa gatatu, bituma butabasha gutorerwa kwinjira muri aka kanama.
Zimbabwe izasimbura Somalia, iri mu bihugu bizarangiza manda zabyo mu mpera za 2026. Ibindi bizava muri aka kanama ni Danemark, u Bugereki, Pakistan na Panama.
Ku rundi ruhande, Bahrain, Colombia, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Latvia na Liberia bizakomeza kuba abanyamuryango kugeza mu mpera za 2027, mu rwego rwo gukomeza ubudahungabana mu mikorere y’aka kanama.
Akanama k’Umutekano ka Loni ni rwo rwego rukuru rushinzwe kubungabunga amahoro n’umutekano ku Isi. Ni na rwo rwonyine rufite ububasha bwo gufata ibyemezo bifite agaciro mu mategeko mpuzamahanga, birimo gufatira ibihano ibihugu, amatsinda cyangwa abantu ku giti cyabo, ndetse no kwemeza ikoreshwa ry’ingufu za gisirikare mu bihe bimwe na bimwe.
Nubwo abanyamuryango badahoraho batowe n’Inteko Rusange ya Loni bagira uruhare mu ifatwa ry’ibyemezo, abanyamuryango batanu bahoraho barimo u Bwongereza, u Bushinwa, u Bufaransa, u Burusiya na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bafite ububasha bwihariye bwo guhagarika icyemezo icyo ari cyo cyose binyuze mu burenganzira buzwi nka veto.
Kwinjira kwa Zimbabwe muri aka kanama byafashwe nk’intambwe ikomeye kuri Afurika, kuko iki gihugu kizagira uruhare rukomeye mu biganiro no mu byemezo birebana n’amahoro, umutekano n’ibibazo bikomeye byugarije isi mu myaka ibiri iri imbere.

Kinyarwanda
English
Swahili








