Umukobwa wa Salim Saleh ashyigikiye Museveni: ‘Uganda si ubutegetsi bw’umuryango, ikibazo ni imbaraga z’inzego’
Esteri Mugurwa Akandwanaho, umukobwa w’umujyanama wa Perezida Gen. Salim Saleh, yanenze abavuga ko ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni bwabaye ubw’umuryango gusa, avuga ko iyo mvugo ari ivangura kandi yirengagiza ingamba zashyizwe mu Itegeko Nshinga rya Uganda.
Mu nyandiko yasohoye, Mugurwa yavuze ko abamunenga mu gihugu no hanze bahora bashyira mu majwi inshingano za General Muhoozi Kainerugaba (Umuhungu wa Museveni), Janet Museveni (Umugore we) na Odrek Rwabwogo (umukwe we), ariko ntibagaruke ku miterere y’inzego z’igihugu. Muhoozi ayobora ingabo za Uganda (UPDF), Janet ayobora Minisiteri y’Uburezi n’Imikino, naho Rwabwogo ayobora Inama Ngishwanama ya Perezida ku byoherezwa mu mahanga n’iterambere ry’inganda.
“Imiryango y’abanyapolitiki ibaho hose,” yanditse, atanga ingero z’umuryango wa Trudeau muri Canada, Gandhi mu Buhinde, Kennedy na Bush muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marcos-Duterte muri Philippines, ndetse n’umuryango wa Widodo muri Indonesia.
“Uganda si yo yihariye muri uru rwego. Ikibazo nyakuri si umubare w’abagize umuryango binjira muri politiki, ahubwo ni ukureba niba inzego za Leta zikomeye bihagije ngo zibagenzure.”
Ariko, kuba umuryango wa Museveni ukomeje kugaragara cyane mu buyobozi bw’igihugu byakomeje kunengwa n’impuguke hamwe n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, bavuga ko bigabanya ububasha bw’inzego za demokarasi za Uganda.
Depite wa Kira Municipality, Ibrahim Ssemujju Nganda, ukunze kunenga guverinoma, aherutse kuvuga ati: “Ibi tubona si gusa ubutegetsi bw’umuryango, ahubwo ni ugusenyuka kw’inzego za Leta. Igisirikare, Guverinoma n’inzego z’ingenzi ziragenda ziganjwa n’abavandimwe, bigatuma igenzura n’ubusugire bw’inzego bigabanuka kandi bigatesha icyizere abaturage.”
Umuyobozi wa NUP, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, nawe akunze kugaragaza ibitekerezo bisa, ashinja Museveni guhindura Uganda “umuryango w’ishoramari.”
Mu gihe cy’amatora yo mu 2021, Kyagulanyi yagize ati: “Perezida yayigize (Uganda) ikintu cye bwite, inzego z’igihugu zigarurirwa n’umuryango wa mbere. Ibi si demokarasi — ni ubutegetsi bw’umuryango aho kuyobora bigirwa umurage aho kuba ubushobozi.”
Mugurwa we yavuze ko ikibazo nyacyo cy’ubuyobozi bwa Uganda kitari mu mibanire y’amasano y’amaraso, ahubwo kiri mu kudakora neza kwa Perezida n’Inteko Ishinga Amategeko, Urukiko ndetse n’inzego zishinzwe kugenzura.


Kinyarwanda
English
Swahili









