issa
Police FC izahura na Rayon Sports muri 1/4 cy'igikombe cy'Amahoro

Police FC izahura na Rayon Sports muri 1/4 cy'igikombe cy'Amahoro

Mar 6, 2026 - 17:44
 0

Ikipe ya Police FC izahura na Rayon Sports muri 1/4 cy'igikombe cy'Amahoro nyuma yo gutsinda Gicumbi FC ibitego 3-1.


Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Werurwe 2026, ukaba ari nawo mukino wari usigaye mu mikino ya 1/8 y'igikombe cy'Amahoro. Ikipe ya Police FC yatsinze Gicumbi FC ibitego 3-1 mu mukino Gicumbi FC yabonyemo n'ikarita y'umutuku.

Ikipe ya Police FC yatsindiwe na Byiringiro Lague wagiyemo asimbuye, Msanga Henery ndetse na Ekeson Ekorie. Ni Police FC yakinnye umukino mwiza cyane ugereranyije nuko yagowe na Gicumbi FC mu mukino ubanza. Gicumbi FC yo yatsindiwe na Bitwayiki Bahati Clement.

Gicumbi FC yabonye kandi ikarita y'umutuku nyuma y'ikosa ryakorewe kuri Byiringiro Lague rikozwe na Masiri Luendo Claude. Uyu mukino warangiye Police FC ikomeje muri 1/4 ku giteranyo cy'ibitego 4-1.

Ikipe ya Police FC nyuma yo gukomeza muri 1/4 izahura na Rayon Sports yasezereye City Boys ku bitego 11-0 byatsinzwe mu mukino ubanza ndetse n'uwo kwishyura.

Police FC igiye gukomeza imyiteguro y'umukino wa Shampiyona izakinamo na Al Merrikh SC. Ni umukino uzaba ku wa mbere tariki 9 Werurwe 2026. Gicumbi FC yo izongera kugaruka mu kibuga tariki 15 Werurwe 2026 n'ubundi ihura na Police FC muri Shampiyona.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Police FC izahura na Rayon Sports muri 1/4 cy'igikombe cy'Amahoro

Mar 6, 2026 - 17:44
 0
Police FC izahura na Rayon Sports muri 1/4 cy'igikombe cy'Amahoro

Ikipe ya Police FC izahura na Rayon Sports muri 1/4 cy'igikombe cy'Amahoro nyuma yo gutsinda Gicumbi FC ibitego 3-1.


Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Werurwe 2026, ukaba ari nawo mukino wari usigaye mu mikino ya 1/8 y'igikombe cy'Amahoro. Ikipe ya Police FC yatsinze Gicumbi FC ibitego 3-1 mu mukino Gicumbi FC yabonyemo n'ikarita y'umutuku.

Ikipe ya Police FC yatsindiwe na Byiringiro Lague wagiyemo asimbuye, Msanga Henery ndetse na Ekeson Ekorie. Ni Police FC yakinnye umukino mwiza cyane ugereranyije nuko yagowe na Gicumbi FC mu mukino ubanza. Gicumbi FC yo yatsindiwe na Bitwayiki Bahati Clement.

Gicumbi FC yabonye kandi ikarita y'umutuku nyuma y'ikosa ryakorewe kuri Byiringiro Lague rikozwe na Masiri Luendo Claude. Uyu mukino warangiye Police FC ikomeje muri 1/4 ku giteranyo cy'ibitego 4-1.

Ikipe ya Police FC nyuma yo gukomeza muri 1/4 izahura na Rayon Sports yasezereye City Boys ku bitego 11-0 byatsinzwe mu mukino ubanza ndetse n'uwo kwishyura.

Police FC igiye gukomeza imyiteguro y'umukino wa Shampiyona izakinamo na Al Merrikh SC. Ni umukino uzaba ku wa mbere tariki 9 Werurwe 2026. Gicumbi FC yo izongera kugaruka mu kibuga tariki 15 Werurwe 2026 n'ubundi ihura na Police FC muri Shampiyona.