Nyarugenge: Abarenga 20 bakomerekeye mu mpanuka  ikomeye

Nyarugenge: Abarenga 20 bakomerekeye mu mpanuka ikomeye

Mar 12, 2025 - 11:05
 0

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 12 Werurwe 2025, ahagana mu masaha ashyira saa 08h00 z’igitondo mu Karere ka Nyarugenge mu murenge wa Gitega, habereye impanuka ikomeye icyakora ku bw’amahirwe ntawahasize ubuzima.  


Iyi mpanuka yabaye ubwo Bus ya Youtong yavaga Nyamirambo yerekeza Nyabugogo maze ubwo yageraga ku Gitega igonga moto iyinyuraho iva mu gisate cy’umuhanda yarimo, igonga imodoka ebyiri babisikanaga.

Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yemeje amakuru y’iyi mpanuka, avuga ko yakomerekeyemo abantu bagera kuri kuri 23 hanyuma 3 muri bo akaba aribo bakomeretse cyane.

Yavuze ko abakomeretse bamwe bajyanywe mu bitaro bya CHUK no mu bindi bitaro bitandukanye ndetse no mu bigo Nderabuzima hirya no hino.

Poilisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yatangaje ko hagikorwa iperereza kugira ngo imenye neza icyateye impanuka.

SP Kayigi Emmanuel, yagiriye inama abashoferi kujya bagenda bitwararitse kugirango bakumire impanuka.

 

 

 

Nyarugenge: Abarenga 20 bakomerekeye mu mpanuka ikomeye

Mar 12, 2025 - 11:05
 0
Nyarugenge: Abarenga 20 bakomerekeye mu mpanuka  ikomeye

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 12 Werurwe 2025, ahagana mu masaha ashyira saa 08h00 z’igitondo mu Karere ka Nyarugenge mu murenge wa Gitega, habereye impanuka ikomeye icyakora ku bw’amahirwe ntawahasize ubuzima.  


Iyi mpanuka yabaye ubwo Bus ya Youtong yavaga Nyamirambo yerekeza Nyabugogo maze ubwo yageraga ku Gitega igonga moto iyinyuraho iva mu gisate cy’umuhanda yarimo, igonga imodoka ebyiri babisikanaga.

Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yemeje amakuru y’iyi mpanuka, avuga ko yakomerekeyemo abantu bagera kuri kuri 23 hanyuma 3 muri bo akaba aribo bakomeretse cyane.

Yavuze ko abakomeretse bamwe bajyanywe mu bitaro bya CHUK no mu bindi bitaro bitandukanye ndetse no mu bigo Nderabuzima hirya no hino.

Poilisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yatangaje ko hagikorwa iperereza kugira ngo imenye neza icyateye impanuka.

SP Kayigi Emmanuel, yagiriye inama abashoferi kujya bagenda bitwararitse kugirango bakumire impanuka.

 

 

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.