Muri Kamonyi habereye indi mpanuka y’Imodoka

Muri Kamonyi habereye indi mpanuka y’Imodoka

Mar 14, 2025 - 14:38
 0

Mu karere ka Kamonyi ahazwi nko ku Ruyenzi haravugwa indi mpanuka ya Bus yabaye kuri uyu wa Gatanu taliki 14 Werurwe 2025.  


Ni impanuka kugeza ubu hataramenyekana amakuru menshi yayo, nyuma y’uko hari umuturage ayitangaje ku rubuga rwa X.

Akimara gutangaza iby’iyi mpanuka, Polisi y’u Rwanda, yavuze ko amakuru y’iyi mpanuka  yayamenye kandi ko ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda yahageze.

Iti “ Twayamenye ndetse n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bayigezeho. Abakomeretse bajyanywe kwa muganga.”

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’umunsi umwe mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, habereye indi mpanuka yakomerekeyemo abagera kuri 23. Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abakomeretse bajyanywe mu bitaro bitandukanye kugirango bitabweho.

Polisi y’u Rwanda, ivuga ko bimwe mu bitera izi mpanuka ari ubusinzi ku bashoferi bamwe, uburangare, umuvuduko ukabije, kunyuraniraho ahatemewe, kugenda muvugira kuri telefoni, guhugira mu kubara amatike y’abo mwatwaye, n’ibindi bitandukanye.

SP Emmanuel Kayigi, umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yibutsa abatwara ibinyabiziga kugenda bitwararitse kugirango birinde impanuka.

 

 

 

Muri Kamonyi habereye indi mpanuka y’Imodoka

Mar 14, 2025 - 14:38
Mar 14, 2025 - 14:39
 0
Muri Kamonyi habereye indi mpanuka y’Imodoka

Mu karere ka Kamonyi ahazwi nko ku Ruyenzi haravugwa indi mpanuka ya Bus yabaye kuri uyu wa Gatanu taliki 14 Werurwe 2025.  


Ni impanuka kugeza ubu hataramenyekana amakuru menshi yayo, nyuma y’uko hari umuturage ayitangaje ku rubuga rwa X.

Akimara gutangaza iby’iyi mpanuka, Polisi y’u Rwanda, yavuze ko amakuru y’iyi mpanuka  yayamenye kandi ko ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda yahageze.

Iti “ Twayamenye ndetse n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bayigezeho. Abakomeretse bajyanywe kwa muganga.”

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’umunsi umwe mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, habereye indi mpanuka yakomerekeyemo abagera kuri 23. Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abakomeretse bajyanywe mu bitaro bitandukanye kugirango bitabweho.

Polisi y’u Rwanda, ivuga ko bimwe mu bitera izi mpanuka ari ubusinzi ku bashoferi bamwe, uburangare, umuvuduko ukabije, kunyuraniraho ahatemewe, kugenda muvugira kuri telefoni, guhugira mu kubara amatike y’abo mwatwaye, n’ibindi bitandukanye.

SP Emmanuel Kayigi, umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yibutsa abatwara ibinyabiziga kugenda bitwararitse kugirango birinde impanuka.

 

 

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.