issa
Kuva muri Sudani se bivuze iki? Umutoza wa Gasogi United yishongoye ku makipe yo muri Sudani

Kuva muri Sudani se bivuze iki? Umutoza wa Gasogi United yishongoye ku makipe yo muri Sudani

Dec 4, 2025 - 08:39
 0

Umutoza wa Gasogi United, Ndagijimana Dusenge Sasha, yishongoye cyane ku makipe yo muri Sudani nyuma yo gutsindwa na Al Hilal Omdurman ibitego 2-0.


Ku wa Gatatu tariki 3 Ukuboza 2025, ikipe ya Al Hilal Omdurman yakinnye umukino wa Kabiri muri Shampiyona y'u Rwanda na Gasogi United, umukino urangira ikipe ya Al Hilal Omdurman ibonye intsinzi y'ibitego 2-0.

Ni umukino wabaye nyuma yo kwishongora cyane kwa Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles wari watangaje ko bagomba kwereka iyi kipe uko Shampiyona y'u Rwanda ikinwa ariko ntabwo byagenze neza kuko yatsinzwe ibitego 2 nubwo byose byabonetse mu gice cya Kabiri.

Nyuma y'umukino mu kiganiro n'itangazamakuru, umutoza wa Gasogi United, Dusenge Sasha yagarutse kuri uyu mukino atangaza ko ibyo bari bateguye bitaje kugenda neza kuko mu gice cya Kabiri abakinnyi be bakoze udukosa ariko bitwaye neza kuko bagiye bahusha uburyo butandukanye kandi bukomeye.

Uyu mutoza kandi yatangaje ko mu mupira w'amagaru nta kipe idakinika mu gihe wateguye ibintu byawe neza. Sasha abona aya makipe yo muri Sudani adakwiye gutinkwa kuko nayo wateguye ibintu byawe neza ushobora kuzikuraho amanota.

Yagize ati " Mu mupira w'amagaru nta kipe n'imwe idakinika, bijyanye n'intego mufite ndetse no kutubaha uwo muhanganye. Burya kubaha uwo muhanganye ngo avuye muri Sudani, kuva muri Sudani se bivuze iki? Al Hilal ntiyanganyije na Police FC hano, Al Merrikh SC ntimajije gutakaza inshuro zingahe tureba, ni ikipe zikinika. Iyo wateguye ibintu byawe abakinnyi bakabyumva mugashyira hamwe birashoboka ko mwazikuraho amanota."

Gasogi United yananiwe gutsinda kugira ngo yongere ifate umwanya wa Kabiri wa Shampiyona igakuraho APR FC yafashe uyu mwanya nyuma yo gutsinda Etincelles FC ibitego 2-1. Gasogi United kugeza ubu yicaye ku mwanya wa Gatatu n'amanota 18. Al Hilal Omdurman yahise igira amanota arindwi iri ku mwanya wa 15.

Dusenge Sasha abona amakipe yo muri Sudani ntabirenze afite

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Kuva muri Sudani se bivuze iki? Umutoza wa Gasogi United yishongoye ku makipe yo muri Sudani

Dec 4, 2025 - 08:39
 0
Kuva muri Sudani se bivuze iki? Umutoza wa Gasogi United yishongoye ku makipe yo muri Sudani

Umutoza wa Gasogi United, Ndagijimana Dusenge Sasha, yishongoye cyane ku makipe yo muri Sudani nyuma yo gutsindwa na Al Hilal Omdurman ibitego 2-0.


Ku wa Gatatu tariki 3 Ukuboza 2025, ikipe ya Al Hilal Omdurman yakinnye umukino wa Kabiri muri Shampiyona y'u Rwanda na Gasogi United, umukino urangira ikipe ya Al Hilal Omdurman ibonye intsinzi y'ibitego 2-0.

Ni umukino wabaye nyuma yo kwishongora cyane kwa Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles wari watangaje ko bagomba kwereka iyi kipe uko Shampiyona y'u Rwanda ikinwa ariko ntabwo byagenze neza kuko yatsinzwe ibitego 2 nubwo byose byabonetse mu gice cya Kabiri.

Nyuma y'umukino mu kiganiro n'itangazamakuru, umutoza wa Gasogi United, Dusenge Sasha yagarutse kuri uyu mukino atangaza ko ibyo bari bateguye bitaje kugenda neza kuko mu gice cya Kabiri abakinnyi be bakoze udukosa ariko bitwaye neza kuko bagiye bahusha uburyo butandukanye kandi bukomeye.

Uyu mutoza kandi yatangaje ko mu mupira w'amagaru nta kipe idakinika mu gihe wateguye ibintu byawe neza. Sasha abona aya makipe yo muri Sudani adakwiye gutinkwa kuko nayo wateguye ibintu byawe neza ushobora kuzikuraho amanota.

Yagize ati " Mu mupira w'amagaru nta kipe n'imwe idakinika, bijyanye n'intego mufite ndetse no kutubaha uwo muhanganye. Burya kubaha uwo muhanganye ngo avuye muri Sudani, kuva muri Sudani se bivuze iki? Al Hilal ntiyanganyije na Police FC hano, Al Merrikh SC ntimajije gutakaza inshuro zingahe tureba, ni ikipe zikinika. Iyo wateguye ibintu byawe abakinnyi bakabyumva mugashyira hamwe birashoboka ko mwazikuraho amanota."

Gasogi United yananiwe gutsinda kugira ngo yongere ifate umwanya wa Kabiri wa Shampiyona igakuraho APR FC yafashe uyu mwanya nyuma yo gutsinda Etincelles FC ibitego 2-1. Gasogi United kugeza ubu yicaye ku mwanya wa Gatatu n'amanota 18. Al Hilal Omdurman yahise igira amanota arindwi iri ku mwanya wa 15.

Dusenge Sasha abona amakipe yo muri Sudani ntabirenze afite