issa
Imbeba yamamaye mu gutegura ibisasu yubakiwe ishusho ibajwe mu ibuye

Imbeba yamamaye mu gutegura ibisasu yubakiwe ishusho ibajwe mu ibuye

Apr 6, 2026 - 18:25
 0

Abanyabugeni bo muri Cambodia, ku munsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana ububi bwa Mine bamuritse ishusho ibajwe mu ibuye y'imbeba yamenyekanye kubera gutegura ibisasu byo mu bwoko bwa Mine.


Iyo mbeba yamamaye mu gutegura ibisasu  yashimiwe kwerekana ahatejwe ibisasu byo mu bwoko bwa mine muri 2020, ihabwa umudari wa Zahabu kubera ibikorwa byo gutegura ibisasu birenga 100 yagizemo uruhare.

Iyo shusho yabajwe mu ibuye n'abanyabugeni bo mu mujyi wa Siem Reap muri Cambodia. Abo banyabugeni bamuritse icyo kibumbano ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana ububi bw'ibisasu bya Mine wabaye mu mpera z'icyumweru gishize tariki ya 4 Mata 2026.

 Iyo mbega yitwaga Magawa yatojwe gutegura ibisasu n'ishyirahamwe APOPO, rikora ibikorwa by'ubugiraneza mu Gihugu cy'u Bubirigi nyuma uwo muryango uyijyana muri Cambodia gukora ibyo bikorwa byo kwerekana ahatezwe ibisasu.

Ishyirahamwe ryatoje iyo mbeba ryavuze ko iyo mbeba ifite inkomoko ku mugabane wa Afurika yapfuye mu mwaka wa 2022.

Umuryango w'Abibumbye UN uvuga ko ibisasu byo mu bwoko bwa Mine bikigaragara mu bice birimo na Cambodia ndetse abaturage barenga miriyoni ku Isi bakorera ibikorwa byabo ku butaka butezwemo ibisasu.

Imbeba yamamaye mu gutegura ibisasu yubakiwe ishusho ibajwe mu ibuye

Apr 6, 2026 - 18:25
Apr 6, 2026 - 21:19
 0
Imbeba yamamaye mu gutegura ibisasu yubakiwe ishusho ibajwe mu ibuye

Abanyabugeni bo muri Cambodia, ku munsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana ububi bwa Mine bamuritse ishusho ibajwe mu ibuye y'imbeba yamenyekanye kubera gutegura ibisasu byo mu bwoko bwa Mine.


Iyo mbeba yamamaye mu gutegura ibisasu  yashimiwe kwerekana ahatejwe ibisasu byo mu bwoko bwa mine muri 2020, ihabwa umudari wa Zahabu kubera ibikorwa byo gutegura ibisasu birenga 100 yagizemo uruhare.

Iyo shusho yabajwe mu ibuye n'abanyabugeni bo mu mujyi wa Siem Reap muri Cambodia. Abo banyabugeni bamuritse icyo kibumbano ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana ububi bw'ibisasu bya Mine wabaye mu mpera z'icyumweru gishize tariki ya 4 Mata 2026.

 Iyo mbega yitwaga Magawa yatojwe gutegura ibisasu n'ishyirahamwe APOPO, rikora ibikorwa by'ubugiraneza mu Gihugu cy'u Bubirigi nyuma uwo muryango uyijyana muri Cambodia gukora ibyo bikorwa byo kwerekana ahatezwe ibisasu.

Ishyirahamwe ryatoje iyo mbeba ryavuze ko iyo mbeba ifite inkomoko ku mugabane wa Afurika yapfuye mu mwaka wa 2022.

Umuryango w'Abibumbye UN uvuga ko ibisasu byo mu bwoko bwa Mine bikigaragara mu bice birimo na Cambodia ndetse abaturage barenga miriyoni ku Isi bakorera ibikorwa byabo ku butaka butezwemo ibisasu.