Gusinyisha abakinnyi hutihuti ntibizatuma amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika ahomba?
Muri iki gihe cy'igura n'igurishwa ry'abakinnyi hano mu Rwanda, amakipe ashoboro guhura n'ibihombo bitewe nuko yasinyishije abakinnyi habura igihe gito.
Ikipe ya APR FC izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League naho ikipe ya Rayon Sports izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederations Cup.
Izi kipe nizo ziba ziyoboye andi makipe akina shampiyona hano mu Rwanda ariko kandi ni nazo zihanzwe amaso kuko igihe cyo gutanga urutonde azakoresha muri iyi mikino nyafurika kirimo kwegereza.
Nkuko bisanzwe bizwi, ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru muri Afurika, CAF, itangaza ko tariki 10 Nyakanga buri kipe iba yamaze gutanga abakinnyi izakoresha ndetse n'abatoza bose bafite impushya zibemerera gutoza imikino nyafurika.
Iyo urebye mu mategeko n'amabwiriza ya CAF avuga ko ikipe ishobora kurenza iyi tariki nibura hagati ya 11-20, yishyura amafaranga angana n'ibihumbi 250 by'amadorari nyuma yaho ukishyura ibihumbi 500 by'amadorari.
Ese APR FC na Rayon Sports ko zidasinyisha abakinnyi kare?
Ikipe ya APR FC kugeza ubu ntabwo iratangaza umutoza mushya izakoresha umwaka utaha w'imikino. Amakuru ahari avuga ko ikipe ya APR FC hari abo ikirimo kuganiriza ndetse ari nayo mpamvu irimo gutuma badasinyisha abakinnyi.
Hari uwavugwaga witwa Jack Pantoulou Diarra ariko yamaze gusinyira Esperance Sportive De Tunis imyaka 3. Ikipe ya APR FC akenshi isinyisha abakinnyi umutoza akaza kubatoza, rimwe na rimwe imikino yatangira bakabura umwanya wo gukina kuko bibura muri Sisiteme ye.
Ikipe ya Rayon Sports kugeza ubu yatangaje umukinnyi umwe gusa witwa Musore Prince Michel ariko ikiza kuri yo ni uko yamaze kubona umutoza ndetse n'abakinnyi igenda ivugana nabo amakuru ahari avuga ko ari kubagiramo uruhare.
Rayon Sports igikomeje gutuma idakora ibintu kare, ni ukubera amikoro. Ubwo abasaza bayo bateranaga mu ijoro ryo kuwa Kane tariki 12 Kamena 2025, bakusanyije Million 40 ariko ntabwo aya mafaranga ahagije ku buryo yabafasha kwiyubaka.
Kugeza ubu hari ibiganiro biri kuba n'uruganda rwa Skol kugirango berebe ko bagurizwa amafaranga bakongeramo abakinnyi ikipe izifashisha umwaka utaha w'imikino.
Gusinyisha abakinnyi hutihuti ntibizatuma aya makipe ahomba?
Ubwo uyu mwaka w'imikino urangiye wa 2024-2025 warangira, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije abakinnyi barimo Fall Ngagne, Yousou Diagne, Omar Gninge n'abandi ariko abitwaye neza ni mbarwa kuko baguzwe hatabayeho kwitonda kuko byakoze igihe kirimo kirangira.
Mu kwezi kwa mbere ubwo ikipe ya Rayon Sports yongeragamo abakinnyi yasinyishije benshi ariko usibye Biramahire Abeddy wagerageje abandi bose ntacyo bafashije iyi kipe.
Mu bakinnyi ikipe ya Rayon Sports yongeyemo barimo Assana Nah Innocent, Adulai Jalo, Souleyman Daffe na Biramahire Abeddy.
Urebye uku gusinyisha abakinnyi kwa Rayon Sports ntacyo byayifashije. Impamvu nyamukuru nuko babasinyishije batabanje kubareba ndetse habura igihe gito cyane kugirango isoko ry'igura n'igurishwa ry'abakinnyi rirangire.
Ikipe ya APR FC umwaka utangira yashyizemo abakinnyi bakomeye barimo Seidu Yusiff, Mamadou Sy, Lamine Yamal na Richmond Lamptey. Urebye benshi ntabwo bigeze bakora ibyo bari bitezweho kuko iyi kipe yagendaga itsindwa imikino imwe n'imwe bitunguranye.
Benshi bakurikira umupira w'amagaru bavuga ko iyi kipe yagowe cyane n'umutoza Darko Novic wayitozaga ariko n'ubundi ubona ko kutabanza kwitegereza no gukurikirana abakinnyi bigora amakipe yacu.
Ikipe ya APR FC mu kwezi kwa mbere niho wavuga yakoze neza kuko kuzana abakinnyi barimo Djibril Ouattara na Denis Omedi bose berekanye ko bakomeye usibye Hakim Kiwanuka byageze aho bikanga.
Twarabibonye ikipe zacu kubera kudakurikirana abakinnyi kare, iyo igihe kigiye kurangira baherezwa abakinnyi bagapfa kugura ndetse ubona ko n'uyu mwaka bishobora kuba kuko ntakiragerwaho kuri aya makipe kugeza ubu.
Amakuru ahari avuga ko aya makipe yombi azahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika, azahabwa Milliyoni 80 zizabafasha cyane mu rugendo ubwo bazajya berekeza hanze y'u Rwanda bagiye gukina.
APR FC izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League
Rayon Sports izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederations Cup


Kinyarwanda
English
Swahili









