Umubare w'abahitanywe n'umutingito ukomeje gutumbagira

Umubare w'abahitanywe n'umutingito ukomeje gutumbagira

Apr 1, 2025 - 19:46
 0

Amakuru mashya aturuka muri Myanmar, aravuga ko abamaze kwicwa n’umutingito bagera kuri 2700 abakomeretse 4521 mu gihe ababuriwe irengero ari 4,521. Byatangajwe na Senior Gen. Min Aung Hlaing, ubwo yari kuri televiziyo y’icyo gihugu, MRTV.


Ni umutingito wadutse kuwa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025, ukaba wari uwa kabiri ufite ubukana bukomeye ubayeho mu mateka y’icyo gihugu, kuko wari ufite 7.7 mu gihe uwa mbere wabayeho ukomeye wari ufite ubukana wa 8.0 wabayeho mu 1912.

 Hari impungenge ko uyu mutingito  uzakomeza kwiyongera, kubera ko ibikorwa byo gushakisha munsi y’ibikuta by’inzu zasenyutse bigikomeje mu buryo bugoye, kubera ko uwo mutingito ngo wasize ibice bitandukanye by’igihugu bidafite umuriro w’amashanyarazi, nta tumanaho rya telefoni rihari.

 Si ibyo gusa kuko n’imihanda myinshi yarasenyutse ndetse n’ibiraro bihuza imihanda imwe n’imwe biragwa, ibyo bikaba ari bimwe mu bituma ubutabazi burimo gukorwa bigoranye.

Ishami rishinzwe kuzimya inkongi z’imiriro muri Myanmar ,zatangaje ko hari abantu 403 batabawe bakiri bazima ahitwa Mandalay, mu gihe hari n’imirambo y’abapfuye igikomeje kuboneka.

Muri rusange inyubako zisaga 10,000 harimo iz’imiturirwa miremire, nizo zasenyutse aho muri Myanmar izindi zirangirika bikomemeye.

 

Umubare w'abahitanywe n'umutingito ukomeje gutumbagira

Apr 1, 2025 - 19:46
 0
Umubare w'abahitanywe n'umutingito ukomeje gutumbagira

Amakuru mashya aturuka muri Myanmar, aravuga ko abamaze kwicwa n’umutingito bagera kuri 2700 abakomeretse 4521 mu gihe ababuriwe irengero ari 4,521. Byatangajwe na Senior Gen. Min Aung Hlaing, ubwo yari kuri televiziyo y’icyo gihugu, MRTV.


Ni umutingito wadutse kuwa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025, ukaba wari uwa kabiri ufite ubukana bukomeye ubayeho mu mateka y’icyo gihugu, kuko wari ufite 7.7 mu gihe uwa mbere wabayeho ukomeye wari ufite ubukana wa 8.0 wabayeho mu 1912.

 Hari impungenge ko uyu mutingito  uzakomeza kwiyongera, kubera ko ibikorwa byo gushakisha munsi y’ibikuta by’inzu zasenyutse bigikomeje mu buryo bugoye, kubera ko uwo mutingito ngo wasize ibice bitandukanye by’igihugu bidafite umuriro w’amashanyarazi, nta tumanaho rya telefoni rihari.

 Si ibyo gusa kuko n’imihanda myinshi yarasenyutse ndetse n’ibiraro bihuza imihanda imwe n’imwe biragwa, ibyo bikaba ari bimwe mu bituma ubutabazi burimo gukorwa bigoranye.

Ishami rishinzwe kuzimya inkongi z’imiriro muri Myanmar ,zatangaje ko hari abantu 403 batabawe bakiri bazima ahitwa Mandalay, mu gihe hari n’imirambo y’abapfuye igikomeje kuboneka.

Muri rusange inyubako zisaga 10,000 harimo iz’imiturirwa miremire, nizo zasenyutse aho muri Myanmar izindi zirangirika bikomemeye.

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.