issa
Nigeria: Igisirikare nyuma yo kwica 77 ba ISWAP cyongeye kwica abarenga 24

Nigeria: Igisirikare nyuma yo kwica 77 ba ISWAP cyongeye kwica abarenga 24

Apr 23, 2026 - 19:09
 0

Ingabo z’igisirikare cya Nigeria zatangaje ko nyuma yo kwica abarwanyi b’umutwe wa ISWAP barenga 77 zongeye kwicwa abarenga 24 bawo mu mirwano yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu taliki ya 22 Mata 2026.


Ibi ibyatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa kane n’umuvugizi w’ingabo za Nigeria zishyizwe kurwanya imitwe yitwaje intwaro binyuze mu itsinda rya HADIN KAI, Lt. Col. Sani Uba, itsinda rigizwe n’abasirikare ryashyizwe kuri izo mpamvu gusa zo kurwanya imitwe yitwaje intwaro na mabandi muri icyo gihugu.

Nk’uko Lt. Col. Sani Uba yabitangarije itangazamakuru ry’imbere mu gihugu cya Nigeria ni uko abo barwanyi barenga 24 biciwe mu mirwano ikomeye yaraye ibaye ku wa 22 hagati y’ingabo za leta n’uwo mutwe wa ISWAP mu majyaruguru y’icyo gihugu ahitwa Rukerere.

Yavuze ko imirwano yatangiye ahagana saa sita z’ijoro zo ku wa gatatu ushyira ku wa kane nyuma y’ibitero bikomeye bya drones byagabwe n’umutwe wa ISWAP wagabye ku birindiro by’ingabo za leta.

Yakomeje avuga ko mu mirwano yamaze hafi amasaha arenga atatu ingabo za leta ya Nigeria zishe abarenga 24 mu gihe zo zakomerekeje abarenga 35.

Lt. Col. Sani Uba umuvugizi w’ingabo za Nigeria zishyizwe kurwanya imitwe yitwaje intwaro yavuze ko ingabo zabo zambuye umutwe wa ISWAP intwaro nyinshi zirimo imbunda zo mu bwoko bwa AK-47 18, eshatu zo mu bwoko bwa GPMG, ebyiri za PKT zikoreshwa mu kurasa indege, roketi eshatu, RPG eshatu, gerenade enye, magazini 18 za AK-47, na masasu menshi yo mu bwoko bwa 7.62mm.

Ibi bibaye nyuma y’abagera ku 77 b’uwo mutwe wa ISWAP bishwe ku wa Kabiri ibintu byongeye kuzamura umwuka mubi mu batavuga rumwe na leta ya Bola Tinubu, perezida w’iki gihugu cya Nigeria mu gihe imirwano igikomeje kuba.

Nigeria: Igisirikare nyuma yo kwica 77 ba ISWAP cyongeye kwica abarenga 24

Apr 23, 2026 - 19:09
Apr 23, 2026 - 19:05
 0
Nigeria: Igisirikare nyuma yo kwica 77 ba ISWAP cyongeye kwica abarenga 24

Ingabo z’igisirikare cya Nigeria zatangaje ko nyuma yo kwica abarwanyi b’umutwe wa ISWAP barenga 77 zongeye kwicwa abarenga 24 bawo mu mirwano yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu taliki ya 22 Mata 2026.


Ibi ibyatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa kane n’umuvugizi w’ingabo za Nigeria zishyizwe kurwanya imitwe yitwaje intwaro binyuze mu itsinda rya HADIN KAI, Lt. Col. Sani Uba, itsinda rigizwe n’abasirikare ryashyizwe kuri izo mpamvu gusa zo kurwanya imitwe yitwaje intwaro na mabandi muri icyo gihugu.

Nk’uko Lt. Col. Sani Uba yabitangarije itangazamakuru ry’imbere mu gihugu cya Nigeria ni uko abo barwanyi barenga 24 biciwe mu mirwano ikomeye yaraye ibaye ku wa 22 hagati y’ingabo za leta n’uwo mutwe wa ISWAP mu majyaruguru y’icyo gihugu ahitwa Rukerere.

Yavuze ko imirwano yatangiye ahagana saa sita z’ijoro zo ku wa gatatu ushyira ku wa kane nyuma y’ibitero bikomeye bya drones byagabwe n’umutwe wa ISWAP wagabye ku birindiro by’ingabo za leta.

Yakomeje avuga ko mu mirwano yamaze hafi amasaha arenga atatu ingabo za leta ya Nigeria zishe abarenga 24 mu gihe zo zakomerekeje abarenga 35.

Lt. Col. Sani Uba umuvugizi w’ingabo za Nigeria zishyizwe kurwanya imitwe yitwaje intwaro yavuze ko ingabo zabo zambuye umutwe wa ISWAP intwaro nyinshi zirimo imbunda zo mu bwoko bwa AK-47 18, eshatu zo mu bwoko bwa GPMG, ebyiri za PKT zikoreshwa mu kurasa indege, roketi eshatu, RPG eshatu, gerenade enye, magazini 18 za AK-47, na masasu menshi yo mu bwoko bwa 7.62mm.

Ibi bibaye nyuma y’abagera ku 77 b’uwo mutwe wa ISWAP bishwe ku wa Kabiri ibintu byongeye kuzamura umwuka mubi mu batavuga rumwe na leta ya Bola Tinubu, perezida w’iki gihugu cya Nigeria mu gihe imirwano igikomeje kuba.