issa
Minembwe: Ibitero bya Drone byibasiye abaturage i Gakenke na Kalingi

Minembwe: Ibitero bya Drone byibasiye abaturage i Gakenke na Kalingi

Mar 8, 2026 - 13:23
 0

Ingabo z’ihuriro rishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa zirashinjwa kugaba ibitero bikomeye bya bombe byibasiye abaturage batuye mu bice bya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu ijoro rishyira kuri uyu wa 8 Werurwe 2026.


Ibi byatangajwe n’ihuriro rya AFC/M23, rivuga ko ibyo bitero byibasiye uduce dutuwe cyane twa Gakenke, Kalingi n’ahandi hahakikije Minembwe.

Nk’uko iri huriro ryabitangaje mu itangazo ryaryo, rivuga ko ibitero byakozwe hifashishijwe drone za kamikaze, bikaba byibasiye nkana abasivili n’imitungo yabo.

AFC/M23 ivuga ko mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Werurwe 2026, ahagana saa kumi n’imwe n’igice, ibitero byakomeje gukaza umurego cyane cyane mu gace ka Kalingi no mu nkengero zako, aho bivugwa ko byateye ubwoba mu baturage ndetse bamwe bakahasiga ubuzima.

Iri huriro rikomeza rivuga ko mu rwego rwo guhangana n’ibi bitero rivuga ko byagabwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, ingabo zaryo ziri ku rugamba mu rwego rwo kurinda abasivili.

Kugeza ubu ubuyobozi bwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntiburagira icyo butangaza kuri ibi birego bivugwa na AFC/M23.

Minembwe: Ibitero bya Drone byibasiye abaturage i Gakenke na Kalingi

Mar 8, 2026 - 13:23
Mar 8, 2026 - 13:24
 0
Minembwe: Ibitero bya Drone byibasiye abaturage i Gakenke na Kalingi

Ingabo z’ihuriro rishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa zirashinjwa kugaba ibitero bikomeye bya bombe byibasiye abaturage batuye mu bice bya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu ijoro rishyira kuri uyu wa 8 Werurwe 2026.


Ibi byatangajwe n’ihuriro rya AFC/M23, rivuga ko ibyo bitero byibasiye uduce dutuwe cyane twa Gakenke, Kalingi n’ahandi hahakikije Minembwe.

Nk’uko iri huriro ryabitangaje mu itangazo ryaryo, rivuga ko ibitero byakozwe hifashishijwe drone za kamikaze, bikaba byibasiye nkana abasivili n’imitungo yabo.

AFC/M23 ivuga ko mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Werurwe 2026, ahagana saa kumi n’imwe n’igice, ibitero byakomeje gukaza umurego cyane cyane mu gace ka Kalingi no mu nkengero zako, aho bivugwa ko byateye ubwoba mu baturage ndetse bamwe bakahasiga ubuzima.

Iri huriro rikomeza rivuga ko mu rwego rwo guhangana n’ibi bitero rivuga ko byagabwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, ingabo zaryo ziri ku rugamba mu rwego rwo kurinda abasivili.

Kugeza ubu ubuyobozi bwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntiburagira icyo butangaza kuri ibi birego bivugwa na AFC/M23.