issa
Lebanon: Abasirikare bari mu butumwa bwa UN bishwe n'ibisasu birimo  icyatezwe mu muhanda

Lebanon: Abasirikare bari mu butumwa bwa UN bishwe n'ibisasu birimo icyatezwe mu muhanda

Apr 4, 2026 - 16:21
 0

Abasirikare bari mu butumwa bwo kubungabunga Amahoro n'umutekano mu Majyepfo ya Lebanon batutu muri bo bapfuye bazize ibisasu byabaturikanye muri iki cyumweru. Umunyamabanga Mukuru wa UN yamaganye ibikorwa byibasira Ingabo ziri mu butumwa bwawo.


Ibitero byahitanye abasirikare bari mu butumwa bwo kubungabunga Amahoro mu Gihugu cya Lebanon byabaye Tariki ya 29 na 30 Werurwe 2026 nkuko byatangajwe n' Umuryango w'Abibumbye UN, kuwa Gatanu tariki ya 3 Mata 2026.

Abo basirikare uko ari batatu bakomoka mu Gihugu cya Indonesia, bose bapfiriye mu Majyepfo ya Indonesia, amakuru akavuga ko umwe yishwe n'igisasu cyarashwe aho yari ari kumwe na bagenzi be. Abandi babiri baguye ahatezwe igisasu cyabaturikanye.

Igisasu cyaturikanye abasirikare babiri, cyari cyatezwe mu muhanda ndetse kugeza ubu hatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyamuteye abo basirikare bicirwa mu bitero bitandukanye.

Iyicwa ry'abo  basirikare ribaye nyuma y'uko intambara hagati ya Israel na Hezbollah ikomeje gufata Indi ntera kuko Israel ikomeje  kugaba ibitero ikoresheje indege z'intambara zirasha ibisasu bya Roketi ndetse imirwano yo ku butaka nayo ikaba ikomeje mu bice byiganjemo ibyo mu Majyepfo ya Lebanon.

Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Abibumbye Antonio Guterrez yamaganye ibitero byibasira Ingabo ziri mu butumwa bwawo bwo kubungabunga Amahoro mu Burasirazuba bwo hagati.

Ahapfiriye abo basirikare bari mu butumwa bwo kubungabunga Amahoro muri Lebanon hanakomerekeye abandi basirikare ariko umubare wabo ukaba utashyizwe ahagarara. Intambara ya Israel na Hezbollah yatumye abatuye muri Lebanon barenga miliyoni bava mu byabo barahunga mu gihe intambara zirimo iya USA na Iran nayo ikomeje kugira ingaruka ku batuye Isi.

Lebanon: Abasirikare bari mu butumwa bwa UN bishwe n'ibisasu birimo icyatezwe mu muhanda

Apr 4, 2026 - 16:21
Apr 4, 2026 - 20:31
 0
Lebanon: Abasirikare bari mu butumwa bwa UN bishwe n'ibisasu birimo  icyatezwe mu muhanda

Abasirikare bari mu butumwa bwo kubungabunga Amahoro n'umutekano mu Majyepfo ya Lebanon batutu muri bo bapfuye bazize ibisasu byabaturikanye muri iki cyumweru. Umunyamabanga Mukuru wa UN yamaganye ibikorwa byibasira Ingabo ziri mu butumwa bwawo.


Ibitero byahitanye abasirikare bari mu butumwa bwo kubungabunga Amahoro mu Gihugu cya Lebanon byabaye Tariki ya 29 na 30 Werurwe 2026 nkuko byatangajwe n' Umuryango w'Abibumbye UN, kuwa Gatanu tariki ya 3 Mata 2026.

Abo basirikare uko ari batatu bakomoka mu Gihugu cya Indonesia, bose bapfiriye mu Majyepfo ya Indonesia, amakuru akavuga ko umwe yishwe n'igisasu cyarashwe aho yari ari kumwe na bagenzi be. Abandi babiri baguye ahatezwe igisasu cyabaturikanye.

Igisasu cyaturikanye abasirikare babiri, cyari cyatezwe mu muhanda ndetse kugeza ubu hatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyamuteye abo basirikare bicirwa mu bitero bitandukanye.

Iyicwa ry'abo  basirikare ribaye nyuma y'uko intambara hagati ya Israel na Hezbollah ikomeje gufata Indi ntera kuko Israel ikomeje  kugaba ibitero ikoresheje indege z'intambara zirasha ibisasu bya Roketi ndetse imirwano yo ku butaka nayo ikaba ikomeje mu bice byiganjemo ibyo mu Majyepfo ya Lebanon.

Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Abibumbye Antonio Guterrez yamaganye ibitero byibasira Ingabo ziri mu butumwa bwawo bwo kubungabunga Amahoro mu Burasirazuba bwo hagati.

Ahapfiriye abo basirikare bari mu butumwa bwo kubungabunga Amahoro muri Lebanon hanakomerekeye abandi basirikare ariko umubare wabo ukaba utashyizwe ahagarara. Intambara ya Israel na Hezbollah yatumye abatuye muri Lebanon barenga miliyoni bava mu byabo barahunga mu gihe intambara zirimo iya USA na Iran nayo ikomeje kugira ingaruka ku batuye Isi.