Kigali: Polisi yafashe abarenga 30 bacyekwaho ubujura

Kigali: Polisi yafashe abarenga 30 bacyekwaho ubujura

Mar 4, 2025 - 12:36
 0

Mu mirenge ya Gitaga, Nyakabanda na Rwezamenyo ibarizwa mu Karere ka Nyarugenge hafatiwe abagera kuri 30 bacyekwaho ubujura bwa hato na hato.


Aba bose uko barenga 30 bakekwaho gutegera abagenzi mu nzira bakabashikuza ibyabo, kubakomeretsa, ndetse no kwinjira mu nzu bagasahura ibirimo.

 Polisi itangaza ko umukwabu wo kubafata watangiye mu mpera za Gashyantare 2025. Abatawe muri yombi harimo abafatiwe mu cyuho bafite ibyo bibye babikuye mu mazu.

 By’umwihariko aba bafashwe ngo hari ubwo wasanganga banatera ibyuma abo bibye iyo bashakaga kubananiza. Inzego zabafashe ku bufatanye n’abaturage bagiye batangira amakuru ku gihe.

.Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali ,CIP Wellars Gahonzire , ashimangira ko inzego z’umutekano zakajije ingamba mu gucunga umutekano mu gihugu hose, by’umwihariko ahafatiwe aba bakekwaho ubujura.

Ati: “By’umwihariko muri Gitega, twashyizeho ‘patfols’ imodoka zizenguruka ndetse n’irondo ry’abagenda n’amaguru.” abaturage gukomeza gutanga amakuru, cyane cyane ku bantu bakeka ko bijandika mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge.

Abafashwe barimo abajyanywe muri ‘transit centers’ n’abandi bari gukorerwa Dosiye ngo zishyikirizwe ubushinjacyaha kuko bafatanywe ibizibiti, ibiyobyabwenge n’abakomerekeje abaturage.

 

Kigali: Polisi yafashe abarenga 30 bacyekwaho ubujura

Mar 4, 2025 - 12:36
 0
Kigali: Polisi yafashe abarenga 30 bacyekwaho ubujura

Mu mirenge ya Gitaga, Nyakabanda na Rwezamenyo ibarizwa mu Karere ka Nyarugenge hafatiwe abagera kuri 30 bacyekwaho ubujura bwa hato na hato.


Aba bose uko barenga 30 bakekwaho gutegera abagenzi mu nzira bakabashikuza ibyabo, kubakomeretsa, ndetse no kwinjira mu nzu bagasahura ibirimo.

 Polisi itangaza ko umukwabu wo kubafata watangiye mu mpera za Gashyantare 2025. Abatawe muri yombi harimo abafatiwe mu cyuho bafite ibyo bibye babikuye mu mazu.

 By’umwihariko aba bafashwe ngo hari ubwo wasanganga banatera ibyuma abo bibye iyo bashakaga kubananiza. Inzego zabafashe ku bufatanye n’abaturage bagiye batangira amakuru ku gihe.

.Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali ,CIP Wellars Gahonzire , ashimangira ko inzego z’umutekano zakajije ingamba mu gucunga umutekano mu gihugu hose, by’umwihariko ahafatiwe aba bakekwaho ubujura.

Ati: “By’umwihariko muri Gitega, twashyizeho ‘patfols’ imodoka zizenguruka ndetse n’irondo ry’abagenda n’amaguru.” abaturage gukomeza gutanga amakuru, cyane cyane ku bantu bakeka ko bijandika mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge.

Abafashwe barimo abajyanywe muri ‘transit centers’ n’abandi bari gukorerwa Dosiye ngo zishyikirizwe ubushinjacyaha kuko bafatanywe ibizibiti, ibiyobyabwenge n’abakomerekeje abaturage.

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.