issa
harimo igura miliyali 145 Frw: Ibyo tuzi ku ndege z’Amerika zarashwe na Iran mu gitero kiyambajwemo CIA na Mossad

harimo igura miliyali 145 Frw: Ibyo tuzi ku ndege z’Amerika zarashwe na Iran mu gitero kiyambajwemo CIA na Mossad

Apr 6, 2026 - 12:51
 0

Ku wa 03 Mata 2026 Igisirikare cya Iran cyarashe indege ebyiri zitwara abasirikare za C-130 kajugujugu ebyiri  zitwa Black Hack. CIA na Mossad bafatanyije n’umutwe udasanzwe w’ingabo z’Amerika utabara aho rukomeye. Uwo mutwe wiyambajwe ni nabo bohereje kwica ikihebe Osama Bin Laden. Batumwa aho bigoye, kandi igihe cyose boherejwe basohoza ubutumwa.


Indege imwe ya C-130 igura miliyoni $100 asaga 145,724,000,000 Frw. Kajugujugu zarashwe imwe igura miliyoni $80 asaga 116,579,200,000 Frw kuri buri ndege. BBC yanditse ko hari amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga n’ibinyamakuru byo muri Iran, yerekana indege z’Amerika zarasiwe mu ntara ya Kohgiluyeh na Boyer-Ahmad.

Indege yo mu bwoko bwa F-15 yarashwe n’igisirikare cya Iran, umupilote wari uyitwaye arakomeraka ariko abasha kuyisohokamo iri gushya ajya kwihisha mu misozi miremire. Yari yambaye akuma k’ikoranabuhanga karanga aho ari ku buryo ashobora gutabarwa. Iyi ndege yari atwaye ihagaze miliyoni $97 (miliyali 141 Rwf).

 Abasirikare b’Ingabo zidasanzwe b’Amerika bakoresheje ikoranabuhanga mu kumenya mugenzi wabo aho yihishe. Akigera ku butaka indege imaze guhanurwa yabanje kunanirwa kugenda ariko arihangana ajya kwihisha mu misozi igihe cy’umunsi wose. Yari afite pisitoli mu ntoki nkuko byanditswe na The New York Times.

 Ikipe y’abakomando wo mu mutwe udasanzwe utabara aho rukomeye, yari igizwe n’abasirikare benshi ariko batavuzwe umubare ‘Navy Seal Team 6’. Aba rero baba baratojwe kurwanira mu bice bigoye cyane nko mu mashyamba, mu misozi miremire no mu myobo.

Uwo mupilote yari kumwe na bagenzi be bo bishoka ko bishwe kuko na nubu ntabwo baraboneka. Uwari utwaye indege we yihishe mu rutare’crevice’. Imibare yo mu binyamakuru byo muri Iran byatangaje ko muri iyo operation yapfuye abasirikare 10.

Uwo musirikare yabonetse mu gitondo cyo ku wa 05 Mata 2026. Ishakishwa ry’uwo mupilote ryatumye Perezida Trump asiba kujya gukina Golf. Yamaze umunsi wose mu biro bya White House ategereje kwakira amakuru y’uwo musirikare.

 CIA yayobeje abo muri Iran

CBS ivuga ko, mbere yo kubona uwo mupilote, CIA yakoze 'operation' yo gukwiza amakuru ayobya muri Iran ko ingabo za Amerika zamaze kugera kuri uwo musirikare kandi zirimo kumukurayo ziciye ku butaka.

Uwo mutegetsi yabwiye CBS News ko mu gihe iyo 'operation' y'amakuru ayobya yariho iba, CIA yari ikirimo gukoresha ubushobozi bwayo bwose mu gushakisha neza aho uriya musirikare aherereye.Nyuma yo kuhabona neza, yahabwiye ibiro bikuru by'ingabo, Pentagon, na White House nk'uko uwo mutegetsi yabitangaje.

indege z'Amerika zarashwe na Iran mu gikorwa cyo gushakisha umupilote wari utwaye indege yo mu bwoko bwa F-15

Ku wa gatanu, igisirikare cya Iran cyatangaje ko cyahanuye indi ndege ya A-10 y'ingabo za Amerika kivuga ko yari mu bikorwa byo gushakisha uriya musirikare hafi y'umuhora wa Hormuz. Umupilote wari uyirimo yahise ayisohokamo kandi aratabarwa. Iyi ndege yarashwe ihagaze miliyali 27 Frw.

Israel yirinze kurasa mu kirere cya Iran ku munsi Amerika yarimo ishakisha umusirikare wayo. Uwo munsi Israel yahagaritse ibitero kugirango indege zayo zitagongana n’izo muri Amerika. Umusanzu batanze kuri uwo munsi ni uwo uw’ubutasi kugirango igikorwa cyo gutabara uwo musirikare ufite ipeti rya Coloneri kihute.

CIA yatanze amakuru ayobya Iran ko umupilote yarokowe ndetse ari gutaha anyujijwe ku nzira y’ubutaka. Ayo makuru yari ayo kurangaza ingabo za Iran kugirango zidakomeza kumushakisha. Iran yari yatanze itangazo rihamagarira abaturage ko uzabona uwo mupilote azamutange noneho ahembwe.

indege ya F-15 yarashwe na Iran, igura miliyali 145 Frw

Ikipe yatabaye uriya musirikare ni nayo yishe Osama Bin Laden. Amwe mu mayeri uwo mutwe udasanzwe wakoresheje harimo kurasa mu kirere uwo musirikare yarimo kugirango igisirikare cya Iran kiyoberwe aho uwo musirikare bari kumushakira.

harimo igura miliyali 145 Frw: Ibyo tuzi ku ndege z’Amerika zarashwe na Iran mu gitero kiyambajwemo CIA na Mossad

Apr 6, 2026 - 12:51
 0
harimo igura miliyali 145 Frw: Ibyo tuzi ku ndege z’Amerika zarashwe na Iran mu gitero kiyambajwemo CIA na Mossad

Ku wa 03 Mata 2026 Igisirikare cya Iran cyarashe indege ebyiri zitwara abasirikare za C-130 kajugujugu ebyiri  zitwa Black Hack. CIA na Mossad bafatanyije n’umutwe udasanzwe w’ingabo z’Amerika utabara aho rukomeye. Uwo mutwe wiyambajwe ni nabo bohereje kwica ikihebe Osama Bin Laden. Batumwa aho bigoye, kandi igihe cyose boherejwe basohoza ubutumwa.


Indege imwe ya C-130 igura miliyoni $100 asaga 145,724,000,000 Frw. Kajugujugu zarashwe imwe igura miliyoni $80 asaga 116,579,200,000 Frw kuri buri ndege. BBC yanditse ko hari amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga n’ibinyamakuru byo muri Iran, yerekana indege z’Amerika zarasiwe mu ntara ya Kohgiluyeh na Boyer-Ahmad.

Indege yo mu bwoko bwa F-15 yarashwe n’igisirikare cya Iran, umupilote wari uyitwaye arakomeraka ariko abasha kuyisohokamo iri gushya ajya kwihisha mu misozi miremire. Yari yambaye akuma k’ikoranabuhanga karanga aho ari ku buryo ashobora gutabarwa. Iyi ndege yari atwaye ihagaze miliyoni $97 (miliyali 141 Rwf).

 Abasirikare b’Ingabo zidasanzwe b’Amerika bakoresheje ikoranabuhanga mu kumenya mugenzi wabo aho yihishe. Akigera ku butaka indege imaze guhanurwa yabanje kunanirwa kugenda ariko arihangana ajya kwihisha mu misozi igihe cy’umunsi wose. Yari afite pisitoli mu ntoki nkuko byanditswe na The New York Times.

 Ikipe y’abakomando wo mu mutwe udasanzwe utabara aho rukomeye, yari igizwe n’abasirikare benshi ariko batavuzwe umubare ‘Navy Seal Team 6’. Aba rero baba baratojwe kurwanira mu bice bigoye cyane nko mu mashyamba, mu misozi miremire no mu myobo.

Uwo mupilote yari kumwe na bagenzi be bo bishoka ko bishwe kuko na nubu ntabwo baraboneka. Uwari utwaye indege we yihishe mu rutare’crevice’. Imibare yo mu binyamakuru byo muri Iran byatangaje ko muri iyo operation yapfuye abasirikare 10.

Uwo musirikare yabonetse mu gitondo cyo ku wa 05 Mata 2026. Ishakishwa ry’uwo mupilote ryatumye Perezida Trump asiba kujya gukina Golf. Yamaze umunsi wose mu biro bya White House ategereje kwakira amakuru y’uwo musirikare.

 CIA yayobeje abo muri Iran

CBS ivuga ko, mbere yo kubona uwo mupilote, CIA yakoze 'operation' yo gukwiza amakuru ayobya muri Iran ko ingabo za Amerika zamaze kugera kuri uwo musirikare kandi zirimo kumukurayo ziciye ku butaka.

Uwo mutegetsi yabwiye CBS News ko mu gihe iyo 'operation' y'amakuru ayobya yariho iba, CIA yari ikirimo gukoresha ubushobozi bwayo bwose mu gushakisha neza aho uriya musirikare aherereye.Nyuma yo kuhabona neza, yahabwiye ibiro bikuru by'ingabo, Pentagon, na White House nk'uko uwo mutegetsi yabitangaje.

indege z'Amerika zarashwe na Iran mu gikorwa cyo gushakisha umupilote wari utwaye indege yo mu bwoko bwa F-15

Ku wa gatanu, igisirikare cya Iran cyatangaje ko cyahanuye indi ndege ya A-10 y'ingabo za Amerika kivuga ko yari mu bikorwa byo gushakisha uriya musirikare hafi y'umuhora wa Hormuz. Umupilote wari uyirimo yahise ayisohokamo kandi aratabarwa. Iyi ndege yarashwe ihagaze miliyali 27 Frw.

Israel yirinze kurasa mu kirere cya Iran ku munsi Amerika yarimo ishakisha umusirikare wayo. Uwo munsi Israel yahagaritse ibitero kugirango indege zayo zitagongana n’izo muri Amerika. Umusanzu batanze kuri uwo munsi ni uwo uw’ubutasi kugirango igikorwa cyo gutabara uwo musirikare ufite ipeti rya Coloneri kihute.

CIA yatanze amakuru ayobya Iran ko umupilote yarokowe ndetse ari gutaha anyujijwe ku nzira y’ubutaka. Ayo makuru yari ayo kurangaza ingabo za Iran kugirango zidakomeza kumushakisha. Iran yari yatanze itangazo rihamagarira abaturage ko uzabona uwo mupilote azamutange noneho ahembwe.

indege ya F-15 yarashwe na Iran, igura miliyali 145 Frw

Ikipe yatabaye uriya musirikare ni nayo yishe Osama Bin Laden. Amwe mu mayeri uwo mutwe udasanzwe wakoresheje harimo kurasa mu kirere uwo musirikare yarimo kugirango igisirikare cya Iran kiyoberwe aho uwo musirikare bari kumushakira.