Hari abarimu bajya biba ibikoresho byo ku bigo by’amashuri bigishamo   

Hari abarimu bajya biba ibikoresho byo ku bigo by’amashuri bigishamo  

Mar 5, 2025 - 12:58
 0

Abarimu bagera kuri 15% bagaragaweho ingeso z’ubusinzi ndetse hari n’abagaragaweho ibikorwa bindi bigayitse birimo n’ubujura mu mashuri.


Ni ibibazo byagaragajwe muri raporo y'Urwego rw'Igihugu rw'Imiyonorere, RGB bigaragajwe n’abadepite bagize Komisiyo y'Imiyoborere Ubwuzuzanye bw'Abagabo n'Abagore.

 Byagarutsweho kuri uyu wa Kabiri, ubwo aba Badepite bagiranaga ibiganiro na Minisiteri y'Uburezi ku bibazo byagaragaye muri raporo y'Ibikorwa ya RGB by'umwaka wa 2023-2024.

 RGB, yavuze ko hari intambwe nziza yatewe mu burezi bw'ibanze, ariko haracyari ibibazo byinshi mu burezi bw'abana b'incuke, abafite ubumuga, ikoranabuhanga mu mashuri abanza n'ayisumbuye, amahugurwa y'abarimu, ubucucuke mu byumba by'amashuri n'ibindi.

 Gusa ku rundi ruhande bimwe mu bibazo bidindiza ireme ry’uburezi harimo ko ingengo y’imari ishyirwa mu burezi idahagije nk’uko byagarutsweho na Minisitiri w'Uburezi, Joseph Nsengimana.

Perezida w'iyi komisiyo, Depite Nabahire Anastase avuga ko ubusinzi no gusambanya abana ari ikibazo kigiteye impungenge.

 

Hari abarimu bajya biba ibikoresho byo ku bigo by’amashuri bigishamo  

Mar 5, 2025 - 12:58
 0
Hari abarimu bajya biba ibikoresho byo ku bigo by’amashuri bigishamo   

Abarimu bagera kuri 15% bagaragaweho ingeso z’ubusinzi ndetse hari n’abagaragaweho ibikorwa bindi bigayitse birimo n’ubujura mu mashuri.


Ni ibibazo byagaragajwe muri raporo y'Urwego rw'Igihugu rw'Imiyonorere, RGB bigaragajwe n’abadepite bagize Komisiyo y'Imiyoborere Ubwuzuzanye bw'Abagabo n'Abagore.

 Byagarutsweho kuri uyu wa Kabiri, ubwo aba Badepite bagiranaga ibiganiro na Minisiteri y'Uburezi ku bibazo byagaragaye muri raporo y'Ibikorwa ya RGB by'umwaka wa 2023-2024.

 RGB, yavuze ko hari intambwe nziza yatewe mu burezi bw'ibanze, ariko haracyari ibibazo byinshi mu burezi bw'abana b'incuke, abafite ubumuga, ikoranabuhanga mu mashuri abanza n'ayisumbuye, amahugurwa y'abarimu, ubucucuke mu byumba by'amashuri n'ibindi.

 Gusa ku rundi ruhande bimwe mu bibazo bidindiza ireme ry’uburezi harimo ko ingengo y’imari ishyirwa mu burezi idahagije nk’uko byagarutsweho na Minisitiri w'Uburezi, Joseph Nsengimana.

Perezida w'iyi komisiyo, Depite Nabahire Anastase avuga ko ubusinzi no gusambanya abana ari ikibazo kigiteye impungenge.

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.