Diamond Platnumz yanenzwe uko yitwaye I Ntungamo,Wizkid yitwaje urupfu rwa nyina, Gyakie aricuza(Avugwa hanze)
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ya Uganda, Douglas Lwanga yanenze uburyo Diamond Platnumz yakoresheje indege yihariye ubwo yerekezaga I Ntungamo muri Africa Coffe Marathon.
Gyakie aricuza gusubiza ahubutse
Gyakie ari kwicuza nyuma y’uko hari ibisubizo yagiye atanga mu biganiro ubwo yari mushya mu muziki.
Umuhanzikazi wo muri Ghana, yicaye asubiza amaso inyuma asanga yagiye ahubuka mu biganiro ku buryo bishobotse ko ibihe bisubira inyuma yakwikosora. Yagize ati”Ubwo nari mfite imyaka 19 cyangwa se 20 ninjira mu muziki nasubizaga nabi pe. Ndicuza ko nari nkiri umwana”.
Wizkid yitwaje urupfu rwa nyina ku ihagarikwa ry’ibitaramo
Wizkid yahagaritse bimwe mu bitaramo byari kuzabera muri Amerika mu kwamamaza album yise Morayo.
Mu kubasubiza yavuze ko biri guterwa n’urupfu rwa nyina. Ati”Mama wanjye ndacyamwibuka”.
Mu kiganiro na Cool Fm yo muri Nigeria, Mr P yasobanuye ko nta ko batagize ngo itsinda rigumane ariko byaranze. Yahereye aho asaba abantu kububaha kuko gutandukana byabagizeho ingaruka.
Justin Bieber yagaragaye mu gitaramo cya Kendrick Lamar na SZA i Los Angeles mu ijoro ku wa Gatanu tariki 23 Gicurasi 2025.
Mu myaka yo mu 2000 2 Chainz yakoze urugendo rw’amaguru yerekeza I New Orleans. Yagezeyo ahura na Birdman wari umuyobozi wa Cash Money Records yari yaramugurishije urumogi.
2 Chainz yagize amahirwe yo guhura na Lil Wayne baba inshuti noneho amwinjiza muri Cash Money Records ahinduka icyamamare gutyo.


Kinyarwanda
English
Swahili









