issa
PSG yongeye kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league

PSG yongeye kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league

May 7, 2026 - 06:04
 0

Ikipe ya Paris saint Germain yo mu Bufaransa   yongeye kwereka abakunzi bayo ko ari ikipe y'ubukombe  igera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league, nyuma yo gusezerera Bayern Munich yo mu budage byanganyije igitego 1-1 mu mukino wo kwishyura wa 1/2.


‎Uku kunganya kw'amakipe yombi byabaye ku wa gatatu tariki ya 06 Gicurasi 2026, ari nabyo byayihaye amahirwe yo gukomeza ku mukino wa nyuma kuko yahise igira igiteranyo cy’ibitego 6-5, nyuma y’uko  PSG mu mukino wa mbere yari yatsinze Bayern munich ibitego 5-4 mu mukino ubanza.

‎Paris saint Germain yitwaye neza muri uyu mukino, aho yatangiye igice cya mbere yataka neza birangira ku munota wa Gatatu w'igice cya mbere itsinze igitego kimwe cyatsinzwe na Ousmane Dembélé, giturutse ku mupira mwiza watanzwe na Khvicha Kvaratskhelia, wazamukanye umupira awutanga mu rubuga rw’amahina asanga ubwugarizi bwa Bayern Munich budahagaze neza.

Ousmane Dembélé, yishimiye igitego yatsindiye PSG

Nyuma yo gutsindwa hakiri kare, Bayern Munich yatangiye gusatira ishaka kwishyura. Ku munota wa 15 n’uwa 27, Michael Olise yabonye uburyo bwo gutsinda ariko amashoti yateye yose ntiyabyara umusaruro kuko yagiye hanze y’izamu.

‎Ibyo byatumye igice cya mbere cyrangira PSG iyoboye umukino n’igitego 1-0, bikomeza kuyihesha amahirwe kuko yari igize igiteranyo cy’ibitego 6-4.

‎‎Mu gice cya kabiri, umutoza Vincent Kompany yakoze impinduka akuramo Jonathan Tah ashyiramo Min-Jae Kim, ariko Bayern Munich ikomeza kubura amahirwe yo gutsinda igitego.

‎Gusa, iyi kipe yo mu Budage yabonye igitego cyo kwishyura ku munota wa gatatu w’inyongera wa 90' y'umukino, gitsinzwe na Harry Kane, umukino uhita urangira PSG igeze ku mukino wa nyuma ku giteranyo cy’ibitego 6-5.

‎Bayern Munich yananiwe gutsinda PSG ngo igere ku mukino wa nyuma

Ni umukino wanakurikiwe na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, wari kumwe na Ambassaderi w'u Rwanda mu budage, Igor Cesar. Mbere y’umukino, basuye irerero rya Bayern Munich rikinamo Abanyarwanda babiri, Ndayishimiye Balthazar na David Okoce.

‎Ni ku nshuro ya gatatu Paris Saint-Germain igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, nyuma ya 2019/20 na 2024/25 ubwo yanegukanye iri rushanwa bwa mbere  itsinze Inter Milan.

‎Umukino wa nyuma wa Uefa champions league uzahanganisha amakipe ya Paris saint Germain yo mu bufaransa na Arsenal yo mu bwongereza yaseze Atletico Madrid yombi asanzwe akorana n'u Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda, ukazabera kuri Puskás Aréna mu mujyi wa Budapest, mu gihugu cya Hungary, ku wa gatandatu tariki ya 30 Gicurasi 2026.

Manishimwe Janvier Political Journalist II Communication Specialist ll Tel:+250785584281

PSG yongeye kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league

May 7, 2026 - 06:04
May 7, 2026 - 07:05
 0
PSG yongeye kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league

Ikipe ya Paris saint Germain yo mu Bufaransa   yongeye kwereka abakunzi bayo ko ari ikipe y'ubukombe  igera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league, nyuma yo gusezerera Bayern Munich yo mu budage byanganyije igitego 1-1 mu mukino wo kwishyura wa 1/2.


‎Uku kunganya kw'amakipe yombi byabaye ku wa gatatu tariki ya 06 Gicurasi 2026, ari nabyo byayihaye amahirwe yo gukomeza ku mukino wa nyuma kuko yahise igira igiteranyo cy’ibitego 6-5, nyuma y’uko  PSG mu mukino wa mbere yari yatsinze Bayern munich ibitego 5-4 mu mukino ubanza.

‎Paris saint Germain yitwaye neza muri uyu mukino, aho yatangiye igice cya mbere yataka neza birangira ku munota wa Gatatu w'igice cya mbere itsinze igitego kimwe cyatsinzwe na Ousmane Dembélé, giturutse ku mupira mwiza watanzwe na Khvicha Kvaratskhelia, wazamukanye umupira awutanga mu rubuga rw’amahina asanga ubwugarizi bwa Bayern Munich budahagaze neza.

Ousmane Dembélé, yishimiye igitego yatsindiye PSG

Nyuma yo gutsindwa hakiri kare, Bayern Munich yatangiye gusatira ishaka kwishyura. Ku munota wa 15 n’uwa 27, Michael Olise yabonye uburyo bwo gutsinda ariko amashoti yateye yose ntiyabyara umusaruro kuko yagiye hanze y’izamu.

‎Ibyo byatumye igice cya mbere cyrangira PSG iyoboye umukino n’igitego 1-0, bikomeza kuyihesha amahirwe kuko yari igize igiteranyo cy’ibitego 6-4.

‎‎Mu gice cya kabiri, umutoza Vincent Kompany yakoze impinduka akuramo Jonathan Tah ashyiramo Min-Jae Kim, ariko Bayern Munich ikomeza kubura amahirwe yo gutsinda igitego.

‎Gusa, iyi kipe yo mu Budage yabonye igitego cyo kwishyura ku munota wa gatatu w’inyongera wa 90' y'umukino, gitsinzwe na Harry Kane, umukino uhita urangira PSG igeze ku mukino wa nyuma ku giteranyo cy’ibitego 6-5.

‎Bayern Munich yananiwe gutsinda PSG ngo igere ku mukino wa nyuma

Ni umukino wanakurikiwe na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, wari kumwe na Ambassaderi w'u Rwanda mu budage, Igor Cesar. Mbere y’umukino, basuye irerero rya Bayern Munich rikinamo Abanyarwanda babiri, Ndayishimiye Balthazar na David Okoce.

‎Ni ku nshuro ya gatatu Paris Saint-Germain igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, nyuma ya 2019/20 na 2024/25 ubwo yanegukanye iri rushanwa bwa mbere  itsinze Inter Milan.

‎Umukino wa nyuma wa Uefa champions league uzahanganisha amakipe ya Paris saint Germain yo mu bufaransa na Arsenal yo mu bwongereza yaseze Atletico Madrid yombi asanzwe akorana n'u Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda, ukazabera kuri Puskás Aréna mu mujyi wa Budapest, mu gihugu cya Hungary, ku wa gatandatu tariki ya 30 Gicurasi 2026.