Perezida Putin arimo gukora kampanye yo kwinjiza mu gisirikare abagabo 160,000

Perezida Putin arimo gukora kampanye yo kwinjiza mu gisirikare abagabo 160,000

Apr 2, 2025 - 18:24
 0

Umukuru w’Igihugu cy’Uburusiya, Vladimir Putin arimo gukora ubukangurambaga, ashishikariza abagabo bagera ku 160,000 kwinjira mu gisirikare.


Ntabwo uyu mubare uzinjira mu gisirikare biteganyijwe ko uzajyanwa kurwana muri Ukraine nk’uko ngo benshi babitekereza. Abagabo Putin akeneye, ni abari hagati y’imyaka iri hagati ya 18 na 30.

Mu gihe uwo mubare waba winjijwe mu gisirikare, baba aribo ba mbere benshi cyane bahamagajwe mu gisirikare cy'Uburusiya kuva mu mwaka wa 2011. 

Ikindi cyagarutsweho, n’ibitangazamakuru ku by’uyu mubare Putin ashaka, ni uko ngo  igisirikare  bazakimaramo umwaka umwe mu rwego rw’uko Uburusiya bushaka kongera umubare rusange w'abasirikare babwo bakagera kuri miliyoni hafi 2.39.

Biteganyijwe  ko hagati y'uku kwezi kwa Mata (4) na Nyakanga (7) uyu mwaka, aribwo abo bashya bazinjizwa. Ni mu gihe kandi  Amerika ikirimo kugerageza  guhosha intambara ku mpande zombi binyuze gahenge yari yasabye.

Perezida Putin arimo gukora kampanye yo kwinjiza mu gisirikare abagabo 160,000

Apr 2, 2025 - 18:24
 0
Perezida Putin arimo gukora kampanye yo kwinjiza mu gisirikare abagabo 160,000

Umukuru w’Igihugu cy’Uburusiya, Vladimir Putin arimo gukora ubukangurambaga, ashishikariza abagabo bagera ku 160,000 kwinjira mu gisirikare.


Ntabwo uyu mubare uzinjira mu gisirikare biteganyijwe ko uzajyanwa kurwana muri Ukraine nk’uko ngo benshi babitekereza. Abagabo Putin akeneye, ni abari hagati y’imyaka iri hagati ya 18 na 30.

Mu gihe uwo mubare waba winjijwe mu gisirikare, baba aribo ba mbere benshi cyane bahamagajwe mu gisirikare cy'Uburusiya kuva mu mwaka wa 2011. 

Ikindi cyagarutsweho, n’ibitangazamakuru ku by’uyu mubare Putin ashaka, ni uko ngo  igisirikare  bazakimaramo umwaka umwe mu rwego rw’uko Uburusiya bushaka kongera umubare rusange w'abasirikare babwo bakagera kuri miliyoni hafi 2.39.

Biteganyijwe  ko hagati y'uku kwezi kwa Mata (4) na Nyakanga (7) uyu mwaka, aribwo abo bashya bazinjizwa. Ni mu gihe kandi  Amerika ikirimo kugerageza  guhosha intambara ku mpande zombi binyuze gahenge yari yasabye.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.