issa
Kigali: Polisi yafashe babiri barimo umugore ucuruza urumogi

Kigali: Polisi yafashe babiri barimo umugore ucuruza urumogi

Apr 24, 2026 - 15:56
 0

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) rikorera mu mujyi wa Kigali ryafashe abantu babiri bacuruza bakanaranguza ikiyobyabwenge cy'urumogi.


Aba bantu byafashwe ku wa Kane Tariki ya 23 Mata 2026.

‎Abafahswe ni Bagirayubusa Marie Rosalie w'imyaka 43 na Tuyishimire Ramadan w'imyaka 34 Aho bafatanywe urumogi ibiro 2 na n'udupfunyika 250 twarwo.

Polisi ivuga ko bafatiwe mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga Akagari ka Kigabiro,Umudugudu wa Karwiru

‎Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yasobanuye ko bakimara gufatwa uyu Bagirayubusa Yemeye ko ruriya urumogi ari urwe naho uyu Tuyishimire we akaba ari umukomisiyoneri umushakira abakiriya akamuhemba.

‎Aba bacuruzi b'urumogi bafashwe nyuma yaho abaturage batanze amakuru ko uyu mugore acuruza urumogi Kandi amaze igihe kirekire, abapolisi bamufatiye mucyuho afite uru urumogi arushyiriye abakiriya yari yarangiwe n'uriya mukomisiyoneri wari buhembwe amafaranga ibihumbi bine.

‎Aba bombi bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Rutunga ngo bakorerwe amadosiye bashyikirizwe urwego rw'ibugenzacyaha RIB ngo bakurikiranwe n'amateko. 

‎CIP Gahonzire yashimiye abaturage batanze amakuru uyu mucuruzi w'urumogi agafatwa mbere y'uko uru rumogi rukwirakwizwa mu baturage, kikaba ari ikimeytso cy'imikoranire myiza hagati y'abaturage na Polisi ndetse bikanashimangira ko abaturage bamaze kumenya ubibi bw'ibiyobyanwe.

‎Polisi irabura abishora mu bucuruzi bw'ibiyobyabwenge kubireka kuko amayeri yose bakoresha yamenyekanye, nibashake ibindi bakora.

‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko itarenze 30.000.000 Frw.

Kigali: Polisi yafashe babiri barimo umugore ucuruza urumogi

Apr 24, 2026 - 15:56
 0
Kigali: Polisi yafashe babiri barimo umugore ucuruza urumogi

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) rikorera mu mujyi wa Kigali ryafashe abantu babiri bacuruza bakanaranguza ikiyobyabwenge cy'urumogi.


Aba bantu byafashwe ku wa Kane Tariki ya 23 Mata 2026.

‎Abafahswe ni Bagirayubusa Marie Rosalie w'imyaka 43 na Tuyishimire Ramadan w'imyaka 34 Aho bafatanywe urumogi ibiro 2 na n'udupfunyika 250 twarwo.

Polisi ivuga ko bafatiwe mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga Akagari ka Kigabiro,Umudugudu wa Karwiru

‎Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yasobanuye ko bakimara gufatwa uyu Bagirayubusa Yemeye ko ruriya urumogi ari urwe naho uyu Tuyishimire we akaba ari umukomisiyoneri umushakira abakiriya akamuhemba.

‎Aba bacuruzi b'urumogi bafashwe nyuma yaho abaturage batanze amakuru ko uyu mugore acuruza urumogi Kandi amaze igihe kirekire, abapolisi bamufatiye mucyuho afite uru urumogi arushyiriye abakiriya yari yarangiwe n'uriya mukomisiyoneri wari buhembwe amafaranga ibihumbi bine.

‎Aba bombi bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Rutunga ngo bakorerwe amadosiye bashyikirizwe urwego rw'ibugenzacyaha RIB ngo bakurikiranwe n'amateko. 

‎CIP Gahonzire yashimiye abaturage batanze amakuru uyu mucuruzi w'urumogi agafatwa mbere y'uko uru rumogi rukwirakwizwa mu baturage, kikaba ari ikimeytso cy'imikoranire myiza hagati y'abaturage na Polisi ndetse bikanashimangira ko abaturage bamaze kumenya ubibi bw'ibiyobyanwe.

‎Polisi irabura abishora mu bucuruzi bw'ibiyobyabwenge kubireka kuko amayeri yose bakoresha yamenyekanye, nibashake ibindi bakora.

‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko itarenze 30.000.000 Frw.