Perezida wa Muhazi United yizeye gutsinda Rayon Sports 100%
Perezida wa Muhazi United, Nkaka Mfizi Longin, yavuze ko bizeye gutsinda ikipe ya Rayon Sports uko byagenda kose.
Ni ibintu uyu muyobozi yatangiye kuvuga guhera kuri uyu wa gatanu tariki 18 mata 2025, ubwo yaganiraga na Radio Rwanda, yavuze ko bagomba gutsinda ikipe ya Rayon Sports kuko abakinnyi ba Muhazi United bari mu byishimo.
Ibi uyu muyobozi yongeye kubigarukaho mu Kiganiro yagiranye na SK FM, kuri uyu wa gatandatu tariki 19 Mata 2025, avuga ko ikipe ya Muhazi United uyu mukino uri mu biganza byabo kuko abakinnyi bameze neza.
Yagize ati " Tuvugane umukino urangiye kuko uyu mukino uri mu biganza byacu. Umwuka ni mwiza, abakinnyi barishimye cyane."
Nkaka Mfizi Longin yaje no kugaruka ku byavugwaga ko hari abakinnyi bahawe amafaranga y'umushahara ariko akaba atarabageraho, avuga ko byaterwa ni uko hari Banki zitinda kwakira amafaranga ariko bose barayabahaye.
Ikipe ya Muhazi United yahembye abakinnyi bayo imishahara y'amezi 2 muri 3 ariko amakuru ahari avuga ko mu cyumweru gitaha n'ukundi kwezi kumwe gusigaye bazaba bayabonye kuko barimo kubitegura.
Ikipe ya Rayon Sports yerekeje mu karere ka Ngoma gukina na Muhazi United. Ni umukino w'umunsi wa 24 wa shampiyona ugomba gutangira ku isaha ya saa cyenda z'amanwa zo kuri uyu wa gatandatu tariki 19 Mata 2025.


Kinyarwanda
English
Swahili









