issa
Langwida wamamaye mu ikinamico Urunana, Yapfuye ‎

Langwida wamamaye mu ikinamico Urunana, Yapfuye ‎

Jun 7, 2026 - 14:36
 0

Umukinnyi, Nyirabagande Drocelle Fridaus wamamaye cyane nka Langwida mu Ikinamico Urunana, yapfuye ku myaka 64 azize uburwayi bikekwa ko ari umuvuduko ukabije w’amaraso.


Umwe mu bakinanye na Langwida mu Runana yavuze ko uyu mubyeyi yaguye iwe mu rugo, cyane ko ngo  yari afite akazi azajya gukora i Nyamasheke mu cyumweru gitaha.

‎Ati “Ni byo koko yitahiye nyine. Ntabwo ayo makuru ari kuvugwa ari igihuha”.

‎Yakomeje asobanura ko iby’uburwayi bw’umuvuduko w’amaraso bivugwa ko yaba azize, kubwe atahita abyemeza cyane ko yari amaze iminsi akora imyitozo ngororamubiri n’akazi gatandukanye kajyanye  no gukina Urunana.

‎Ati “Ntiyaguye kwa muganga, rero ntabwo byaba byatewe n’indwara kuko mu ijoro yaryamye ari muzima. Mu bitaro bahamujyanye mu gitondo yamaze gupfa”.

‎Kuri ubu, Umurambo wa Nyakwigendera Langwida uri ku Kigo Nderabuzima cya Rwampara, mu Murenge wa Nyamirambo wo mu Karere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali.

Manishimwe Janvier Political Journalist II Communication Specialist ll Tel:+250785584281

Langwida wamamaye mu ikinamico Urunana, Yapfuye ‎

Jun 7, 2026 - 14:36
Jun 7, 2026 - 17:29
 0
Langwida wamamaye mu ikinamico Urunana, Yapfuye ‎

Umukinnyi, Nyirabagande Drocelle Fridaus wamamaye cyane nka Langwida mu Ikinamico Urunana, yapfuye ku myaka 64 azize uburwayi bikekwa ko ari umuvuduko ukabije w’amaraso.


Umwe mu bakinanye na Langwida mu Runana yavuze ko uyu mubyeyi yaguye iwe mu rugo, cyane ko ngo  yari afite akazi azajya gukora i Nyamasheke mu cyumweru gitaha.

‎Ati “Ni byo koko yitahiye nyine. Ntabwo ayo makuru ari kuvugwa ari igihuha”.

‎Yakomeje asobanura ko iby’uburwayi bw’umuvuduko w’amaraso bivugwa ko yaba azize, kubwe atahita abyemeza cyane ko yari amaze iminsi akora imyitozo ngororamubiri n’akazi gatandukanye kajyanye  no gukina Urunana.

‎Ati “Ntiyaguye kwa muganga, rero ntabwo byaba byatewe n’indwara kuko mu ijoro yaryamye ari muzima. Mu bitaro bahamujyanye mu gitondo yamaze gupfa”.

‎Kuri ubu, Umurambo wa Nyakwigendera Langwida uri ku Kigo Nderabuzima cya Rwampara, mu Murenge wa Nyamirambo wo mu Karere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali.