Iran yemeje ko umukuru w’ubutasi muri IRGC yishwe
Umutwe wihariye w’ingabo za Iran uzwi nka Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) watangaje ko umukuru w’ubutasi wawo, Majid Khademi, yishwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.
Mu itangazo ryanyujijwe mu bitangazamakuru byo muri Iran kuri uyu wa mbere tariki 06 Mata 2026, IRGC yavuze ko Khademi yishwe mu gitero yashinje Leta zunze Ubumwe za Amerika na Israel kuba ari bo byagikoze.
Ku rundi ruhande, ingabo za Israel zizwi nka Israel Defense Forces (IDF) zatangaje ku rubuga rwa Telegram ko ari zo zamwishe, zivuga ko ari “ikindi gikorwa gikomeye cyo gushegesha IRGC.”
Mbere y’itangazo rya IDF, umunyamakuru wa BBC ukorera ishami ry’Igi-perse, Ghoncheh Habibiazad, yari yabajije Israel kuri aya makuru, isubiza ko iri “kuyasuzuma.”
Ibi bibaye mu gihe Perezida wa Amerika, Donald Trump, yari aherutse gukangisha Iran “ingaruka zikomeye cyane” (yagereranyije n’“ukuzimu”) mu gihe haba hatagezwe ku masezerano mashya mu minsi mike iri imbere.
Khademi yari aherutse gusimbura Mohammad Kazemi, na we wiciwe mu gitero cya Israel cyo ku wa 15 Kamena 2025, mu ntambara ya Iran na Israel yamaze iminsi 12.
Mu kwezi kwa Gashyantare uyu mwaka, Khademi yari yatangaje ko Donald Trump yashyigikiye ibikorwa yise iby’“ubwicanyi buyoberanyije,” byari bigamije guteza imvururu no kongera umubare w’abapfuye n’abakomeretse, mu rwego rwo gushimangira inyungu za gisirikare z’amahanga muri Iran.
Yanavuze ko inzego nyinshi z’ubutasi bw’amahanga, zirimo n’itsinda rya Israel ryitwa Unit 8200, zagize uruhare mu myigaragambyo yabereye mu bice bitandukanye by’igihugu mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu ukorera muri Amerika, Human Rights Activists News Agency, uvuga ko nibura abantu 7,000 bishwe mu bikorwa byo guhashya iyo myigaragambyo yabaye muri Mutarama 2026.
Iyi nkuru ije yongera ubushyamirane hagati ya Iran na Israel, mu gihe umwuka mubi ukomeje kwiyongera hagati y’ibihugu byombi ndetse na Amerika.


Kinyarwanda
English
Swahili








