Igikombe cya Rwanda Cup 2025 cyabonye nyiracyo
Igikombe cya Rwanda Cup 2025, cyatwawe na Tigers Basketball Club itsinze REG Basketball Club ku mukino wa nyuma.
Ku wa Gatanu tariki 3 Ukwakira 2025, guhera ku isaha ya saa Kumi n'ebyiri z'umugoroba nibwo iyi mikino ya Rwanda Cup 2025, yatangiye. Ikipe ya APR BBC na Kepler BBC zatangiye zikina umukino wo guhatanira umwanya wa Gatatu.
APR BBC yakuwemo na Tigers BBC naho Kepler BBC ikurwamo na REG BBC mu mikino ya 1/2. Uyu mukino w'umwanya wa Gatatu byaje kurangira wegukanwe na Kepler BBC itsinze APR BBC amanota 74 kuri 62.
Nyuma y'uyu mukino hari hategerejwe umukino wa nyuma wagombaga guhuza REG BBC na Tigers BBC zagaragaje ko zifite imbaraga nyinshi muri iyi mikino. Nubwo muri Petit Stade ahaberaga iyi mikino hatari abantu benshi ariko bacye bari bahari baryohewe cyane.
Iki gikombe cya Rwanda Cup uyu mwaka cyaje kwegukanwa na Tigers BBC itsinze REG BBC amanota 83 kuri 77. Tigers BBC itozwa na Henry Mwinuka, yagaragaje imbaraga nyinshi muri uyu mukino biza no kuba ikinyuranyo cyatumye itwara iki gikombe.
Ni ku nshuro ya Kabiri iki gikombe cya Rwanda Cup kibaye. Umwaka ushize iki gikombe cyegukanwe na APR BBC ihigitse REG BBC yari yongey kugera ku mukino wa nyuma uyu mwaka. Ikipe yabaye iya Gatatu ni Patriot BBC.


Kinyarwanda
English
Swahili









