Denis Omedi wa APR FC yakubise ibipfunsi umukinnyi hitabazwa abashinzwe umutekano [AMASHUSHO]
Rutahizamu wa APR FC, Denis Omedi yarwanye n'umukinnyi w'ikipe y'igihugu ya Algeria hitabazwa abashinzwe umutekano.
Ku wa Kabiri tariki 14 Ukwakira 2025, hari hakomeje imikino yo gusoza iyo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi kizaba umwaka utaha wa 2026. Ikipe y'igihugu ya Uganda ndetse na Algeria zakinnye umukino wa nyuma usoza iyi mikino yo mu itsinda G.
Uyu mukino wagiye kuba ikipe y'igihugu ya Algeria yaramaze kubona itike yo gukina igikombe cy'Isi kizaba umwaka utaha kuko yari ku mwanya wa mbere irusha amanota 4 ikipe y'igihugu ya Uganda yari ku mwanya wa kabiri.
Icyakomezaga uyu mukino byari uko ikipe y'igihugu ya Uganda yifuzaga gutsinda kugira ngo ize mu makipe ane agomba gukina imikino ya kamparamaka ishake amahirwe yo kuzitabira igikombe cy'Isi.
Umukino waje gutangira ikipe y'igihugu ya Uganda ifite imbaraga nyinshi ndetse irimo kurusha cyane Algeria kuko ku munota wa 6 gusa Steven Mukwala yari yamaze gutsinda igitego cya mbere.
Ikipe y'igihugu ya Algeria yakomeje gushaka igitego cyo kwishyura ariko iza ku kibona ku munota wa 81 kuri Penalite yatewe neza na Mohamed Amoura ndetse no ku munota wa 99 ihabwa indi yatumye batahana intsinzi y'ibitego 2-1.
Muri uyu mukino habayemo agashya kuko guhera mu minota 82, hatangiye kuzamo amahane menshi ku bakinnyi bagiye batandukanye hagati y'aya makipe yombi. Icyagarutsweho cyane ni imirwano yahuje Denis Omedi usanzwe akinira APR FC ndetse na Samir Sophian Chergui ukina muri Paris FC yo mu Bufaransa. Aba bose bari binjiye mu kibuga basimbuye mu minota ya nyuma.
Aba bakinnyi barwanye nyuma yaho Denis Omedi yari ahawe umupira ariko yimwa inzira n'uyu mukinnyi wa Algeria, imirwano itangira uko ndetse bituma mu mukino hahita hazamo imvururu biteza imirwano ikomeye no mu bandi bakinnyi nubwo ntawakomerekeyemo kuko abashinzwe umutekano bahise bahagera.
Ikipe y'igihugu ya Uganda yasoje iyi mikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi iri ku mwanya wa kabiri n'amanota 18 naho ikipe y'igihugu ya Algeria yo isoje ifite amanota 25. Iyi kipe y'igihugu ya Algeria yatsinze Uganda no mu mukino ubanza ibitego 3-0.
Denis Omedi yakinnye iminota 17 mu mukino waraye uhuje Uganda na Algeria
Samir Chergui ukina muri Paris FC yakinnye iminota 23 mu ikipe y'igihugu ya Algeria ikina na Uganda


Kinyarwanda
English
Swahili









