Burera: Umwe mu bafatanywe inzoga yitwa Kunjakunja yapfiriye muri kasho ya polisi
Umugabo witwa Musirikare Jean, uri muri bamwe mu bantu bo mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, bafatanywe inzoga zitujuje ubuziranenge zitwa Kunjakunja yapfiriye muri kasho ya polisi.
Ibi byabaye ku cyumweru tariki 15 Gashyantare 2026, ndetse bivugwa ko bazindutse basanga yapfiriye muri kasho ya Polisi ya Gahunga hakekwa ko yaba yazize indwara y’umutima.
Uyu Mugabo Musirikare Jean , yafashwe ku Cyumweru ari kumwe n’abandi bantu bafatanywe inzoga zitujuje ubuziranenge zitwa Kunjakunja bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga.
Mu gitondo cyo ku wa mbere tariki 16 Gashyantare, nibwo bagenzi be bakangutse basanga adahuneka babimenyesha polisi, abapolisi nabo bafunguye aho bari bafungiwe muri kasho basanga yamaze gushiramo umwuka.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ngirabakunzi Ignace, yemeje iby'aya makuru.
Ati “Ku munsi w’ejo nibwo uwitwa Musirikare Jean yafatanwe n’abandi mu bikorwa byo kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge cyane cyane iyo bise izina rya “Kunjakunja” we na bagenzi be bajyanwe muri Polisi kugira ngo bakurikiranwe, mu gitondo abo bararanye, babwira Polisi ko hari uwo bari kumwe, udahumeka. Abapolisi basanze yashizemo umwuka.”
Yongeyeho ko " Iperereza ry’ibanze rigaragaza ko uyu nyakwigendera yari asanzwe arwaye indwara y’umutima kandi afatwa ntiyigeze abivuga. Gusa umurambo wa Nyakwigendera woherejwe muri RFI kugira ngo hamenyekane neza icyamwishe.”


Kinyarwanda
English
Swahili









