Rwamagana: Isomwa ry’urubanza rw’umuforomo ucyekwaho kwicisha umugore we rwasubitswe
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Ukuboza 2025, hasubitswe isomwa ry'urubanza rw'umuforomo ucyekwaho uruhare mu rupfu rw'umwarimukazi wari umugore we wishwe akaswe umutwe muri Kamena 2025.
Abatuye mu Murenge wa Kigabiro Akarere ka Rwamagana ku gicamunsi cyo cyo ku wa 12 Ukuboza 2025, bari bitabiriye isomwa ry'urubanza ruregwamo umugabo witwa Maniriho Faustin, ukekwaho gucura umugambi wo kwica umugore we wari umwarimukazi muri G.S Rwamagana Protestant mu mashuri abanza , wishwe akaswe ijosi mu ijoro ryo kuwa 26 Kamena 2025.
Muri urwo rubanza haregwamo kandi Manishimwe Ally Sareh bakunda kwita Babalao na Kwizera Dieudonne bombi bakekwaho gushyira mu bikorwa umugambi wo kwica Murekatete Jacqueline bivugwa ko wateguwe na Maniriho Faustin.
Ubwo abaturage bari bategereje icyemezo cy'urukiko ku byo abaregwa bakekwaho, umucamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Ngoma, yatangaje ko isomwa ry'urubanza rusubitswe kubera ubusabe bwatanzwe n'Ubushinjacyaha ku rwego rw' urukiko rwisumbuye rwa Ngoma.
Umucamanza yavuze ko Ubushinjacyaha bwandikiye urukiko buvuga ko hari ikimenyetso kizava mu kigo cy'igihugu gishinzwe Ibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera ( Rwanda Forensic Institute).
Umucamanza yakomeje asaba Ubushinjacyaha ko bitarenze kuwa Gatatu tariki ya 17 Ukuboza 2025 buzaba bwashyize muri dosiye ibimenyetso bizaba byavanwe gupimirwa mu kigo cy'igihugu gishinzwe ibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera (RFI).
Uru rubanza ruzasubukurwa ku wa Kane tariki ya 18 Ukuboza 2025 Saa yine, kuri uwo munsi abaregwa bazagaruka mu rubanza, uwurebwa ni icyo kimenyetso akibazwaho.
Umucamanza yavuze ko bishoboka ko urubanza rushobora no kuzasomwa uwo munsi.
Urwo rubanza ruregwamo Maniriho Faustin na bagenzi be rwaburanishijwe tariki ya 9 Ukuboza 2025.


Kinyarwanda
English
Swahili









