issa
Real Madrid ibibazo bikomeje kwiyongera, FC Barcelona yagumye mu ngamba neza! Arimo kuvugwa mu mikino i Burayi

Real Madrid ibibazo bikomeje kwiyongera, FC Barcelona yagumye mu ngamba neza! Arimo kuvugwa mu mikino i Burayi

Apr 29, 2025 - 17:56
 0

Mu makuru yo hanze y’u Rwanda, ikipe ya FC Barcelona ndetse na Real Madrid zirimo kugarukwaho tutirengagije kandi umukino wa UEFA Champiyons League ugomba guhuza Arsenal na Paris Saint Germain.


Ikipe ya Real Madrid nyuma yo kwitwara nabi muri iyi sezo ntabwo ibibazo byigeze biyisiga kuko ikomeje kwibasirwa cyane.

Nyuma yo kugaruka ku kuba iyi kipe igiye gutandukana n’umutoza wayo Carlos Anceloti ariko kandi ntabwo iyi kipe abakinnyi bayo ikomeje kubagumana nkuko bikwiye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 29 mata 2025, ikipe ya Real Madrid yabyutse ijyana myugariro wayo Antonio Rudger kubagwa imvune amaranye igihe kitari gito.

Uyu mukinnyi biravugwa ko azamara hanze y’ikibuga ibyumweru bitari munsi ya 6 ariko bitarenze ibyumweru 8.

Real Madrid kandi ntiyorohewe kuko umusore wayo witwa Dani Cebalos nawe biravugwa ko yagize ikibazo mu ivi kandi yari amaze gukinira Real Madrid imikino 2 nyuma yo gukira imvune yari amaranye iminsi.

Ikipe ya Real Madrid bisa nkaho yamaze kumvikana n’umutoza, Xabi Alonso ariko inkuru ihari ni uko uyu mukoza ubwo ikipe ya Real Madrid izaba ikina igikombe cy’isi cy’ama-Club ntabwo azaba ayitoza ahubwo azaza nyuma yacyo.

Ikipe ya FC Barceloma ikomeje gukora ibintu byayo gacye gacye

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri nibwo hagiye hanze amakuru avuga ko ikipe ya FC Barcelona yatangiye ibiganiro n’umutoza Hansi Flick kugirange barebe ko bamwongerera amasezerano y’imyaka 2.

Uyu mutoza ubwo yasinyaga amasezerano y’umwaka umwe yari yanze kuyarenza kuko atari yizeye ko muri FC Barcelona bizakunda nkuko bimeze ubu.

Amakuru arimo kuzenguruka ku mugabane w’i Burayi kandi, aravuga ko ikipe ya FC Barcelona ishaka kugura rutahizamu wa Atletico Madrid witwa Julian Alvarez kugirango aze afashe Robert Lewandwisky ku kwatakira iyi kipe.

Brazil yahinduye umutoza izaba yambaye imyenda mishya mu gikombe cy’isi

Ikipe y’igihugu ya Brazil nyuma yo kumvikana n’umutoza Carlos Anceloti yamaze gushyira hanze n’imyambaro izaba yambaye mu gikombe cy’isi cya 2026.

Ni imyambaro itukura iyi kipe izaba yambaye nyuma y’imyaka 100. Iyi myambaro ikipe y’igihugu ya Brazil yaherukaga kuyambara muri Copa America 1917 ubwo batsindaga ikipe y’igihugu ya Chile ibitego 5-0.

Imikino y’abagabo iragaruka muri iri joro

Mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri saa tatu ikipe ya Paris Saint-Germain iraba yasuye ikipe ya Arsenal FC mu mukino ubanza wa 1/2  cya UEFA Champions League.

Ni umukino utoroshye aho ikipe ya Arsenal FC yahageze nyuma yo gusezerera Real Madrid naho ikipe ya Paris Saint-Geramin yasezereye ikipe ya Aston Villa.

 

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Real Madrid ibibazo bikomeje kwiyongera, FC Barcelona yagumye mu ngamba neza! Arimo kuvugwa mu mikino i Burayi

Apr 29, 2025 - 17:56
Apr 29, 2025 - 17:56
 0
Real Madrid ibibazo bikomeje kwiyongera, FC Barcelona yagumye mu ngamba neza! Arimo kuvugwa mu mikino i Burayi

Mu makuru yo hanze y’u Rwanda, ikipe ya FC Barcelona ndetse na Real Madrid zirimo kugarukwaho tutirengagije kandi umukino wa UEFA Champiyons League ugomba guhuza Arsenal na Paris Saint Germain.


Ikipe ya Real Madrid nyuma yo kwitwara nabi muri iyi sezo ntabwo ibibazo byigeze biyisiga kuko ikomeje kwibasirwa cyane.

Nyuma yo kugaruka ku kuba iyi kipe igiye gutandukana n’umutoza wayo Carlos Anceloti ariko kandi ntabwo iyi kipe abakinnyi bayo ikomeje kubagumana nkuko bikwiye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 29 mata 2025, ikipe ya Real Madrid yabyutse ijyana myugariro wayo Antonio Rudger kubagwa imvune amaranye igihe kitari gito.

Uyu mukinnyi biravugwa ko azamara hanze y’ikibuga ibyumweru bitari munsi ya 6 ariko bitarenze ibyumweru 8.

Real Madrid kandi ntiyorohewe kuko umusore wayo witwa Dani Cebalos nawe biravugwa ko yagize ikibazo mu ivi kandi yari amaze gukinira Real Madrid imikino 2 nyuma yo gukira imvune yari amaranye iminsi.

Ikipe ya Real Madrid bisa nkaho yamaze kumvikana n’umutoza, Xabi Alonso ariko inkuru ihari ni uko uyu mukoza ubwo ikipe ya Real Madrid izaba ikina igikombe cy’isi cy’ama-Club ntabwo azaba ayitoza ahubwo azaza nyuma yacyo.

Ikipe ya FC Barceloma ikomeje gukora ibintu byayo gacye gacye

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri nibwo hagiye hanze amakuru avuga ko ikipe ya FC Barcelona yatangiye ibiganiro n’umutoza Hansi Flick kugirange barebe ko bamwongerera amasezerano y’imyaka 2.

Uyu mutoza ubwo yasinyaga amasezerano y’umwaka umwe yari yanze kuyarenza kuko atari yizeye ko muri FC Barcelona bizakunda nkuko bimeze ubu.

Amakuru arimo kuzenguruka ku mugabane w’i Burayi kandi, aravuga ko ikipe ya FC Barcelona ishaka kugura rutahizamu wa Atletico Madrid witwa Julian Alvarez kugirango aze afashe Robert Lewandwisky ku kwatakira iyi kipe.

Brazil yahinduye umutoza izaba yambaye imyenda mishya mu gikombe cy’isi

Ikipe y’igihugu ya Brazil nyuma yo kumvikana n’umutoza Carlos Anceloti yamaze gushyira hanze n’imyambaro izaba yambaye mu gikombe cy’isi cya 2026.

Ni imyambaro itukura iyi kipe izaba yambaye nyuma y’imyaka 100. Iyi myambaro ikipe y’igihugu ya Brazil yaherukaga kuyambara muri Copa America 1917 ubwo batsindaga ikipe y’igihugu ya Chile ibitego 5-0.

Imikino y’abagabo iragaruka muri iri joro

Mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri saa tatu ikipe ya Paris Saint-Germain iraba yasuye ikipe ya Arsenal FC mu mukino ubanza wa 1/2  cya UEFA Champions League.

Ni umukino utoroshye aho ikipe ya Arsenal FC yahageze nyuma yo gusezerera Real Madrid naho ikipe ya Paris Saint-Geramin yasezereye ikipe ya Aston Villa.