Dembélé ufite amahirwe yo kwisubiza Ballon d’Or yegukanye igihembo mu Bufaransa
Rutahizamu wa Paris Saint-Germain, Ousmane Dembélé, yahawe igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umwaka muri shampiyona y’u Bufaransa (Ligue 1) ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, nyuma yo gufasha ikipe ye mu gutera intambwe yo gutwara igikombe cya 14 cya shampiyona ndetse no kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.
Uyu mukinnyi w’imyaka 28 yabaye umukinnyi wa gatanu gusa wegukanye iki gihembo imyaka ibiri ikurikiranye, nyuma ya Zlatan Ibrahimović wabikoze mu mwaka wa 2012/2013 ndetse na 2013/2014.
Dembélé yasimbuye Kylian Mbappé wari waratwaye iki gihembo inshuro eshanu zikurikiranya mbere yo kwerekeza muri Real Madrid FC. Uyu mukinnyi yavuze ko ibi bihembo abikesha ikipe ye nubwo bitwarwa n’umuntu ku giti cye.
Yagize ati “Iki ni igihembo cy’umukinnyi ku giti cye, ariko ibihembo byose nagiye negukana mbikesha iyi kipe.”
Nubwo yagize ibibazo byinshi by’imvune muri uyu mwaka w’imikino, Dembélé yakomeje kwitwara neza mu mikino yabaga ahari. Yakinnye imikino icyenda ibanza gusa muri Ligue 1, akina iminota 960, ugereranyije n’imikino 20 yatangiye akina umwaka ushize aho yakinnye iminota 1,736.
N’ubwo yakinnye iminota mike, yatsinze ibitego 10 anatanga imipira itandatu yavuyemo ibitego, bitandukanye n’ibyo yakoze umwaka ushize ubwo yatsindaga ibitego 21 n’imipira umunani yavuyemo ibitego.
Ku Cyumweru tariki 10 Gicurasi 2026, nibwo Paris Saint-Germain yateye intambwe yo kwegukana igikombe cya Shampiyona nyuma yo gutsinda Stade Brestois 29 igitego 1-0, bituma irusha amanota atandatu RC Lens iri ku mwanya wa kabiri.
Ikipe ya PSG izahita yegukana ku mugaragaro igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, ndetse iba iya 12 yegukanye mu myaka 14 ishize, mu gihe izabasha gutsinda Lens ku wa Gatatu tariki 13 Gicurasi 2026.
PSG kandi iri kwitegura umukino wa nyuma wa UEFA Champions League izahuramo na Arsenal FC nyuma yo gusezerera FC Bayern Munich ku giteranyo cy’ibitego 6-5 muri 1/2.
Igihembo cy’umukinnyi muto mwiza cyegukanywe na mugenzi wa Dembélé bakinana muri PSG, Désiré Doué, mu gihe Pierre Sage yahembwe nk’umutoza mwiza nyuma yo gufasha Lens guhangana bikomeye na PSG muri shampiyona.
Ikipe ya Paris Saint Germain niramuka yegukanye gikombe cya UEFA Champions League bizahita biha amahire akomeye Ousman Dembélé yo kwegukana Ballon d’Or ku nshuro ya kabiri yikurikiranya nyuma y’iyo yatwaye Saison ya 2024/2025.
Ousmane Dembélé aheruka nkwegukana Ballon d'Or
Ousmane Dembélé yegukanye igihembo cy'umukinnyi mwiza muri Shampiyona y'u Bufaransa

Kinyarwanda
English
Swahili








