issa
Burundi: Ububiko bw'impuzankano za Polisi bwafashwe n'inkongi y'umuriro

Burundi: Ububiko bw'impuzankano za Polisi bwafashwe n'inkongi y'umuriro

May 22, 2025 - 15:20
 0

Ububiko bw'impuzankano nshya z'igipolisi cy’u Burundi (PNB) buherereye i Bujumbura mu Ngagara, bwafashwe n'inkongi y'umuriro mu gihe bamwe mu bapolisi bataka kutagira impuzankano nshya.


Uyi nkongi y'umuriro yafashe ahabikwa impuzankano nshya mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri. Uyu muriro wangije imyambaro mishya myinshi yari ihibatse gusa nyuma Polisi iza kuzimya.

General Major Christophe Manirambona, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Burundi, yihutiye kugera ahabereye iyi nkongi kugira ngo afashe kuzimya umuriro. Gusa n'ubwo yahageze yasanze ibyangiritse ari byinshi.

Abapolisi bamwe kandi bumvikanye bavuga ko bibabaje kuba izi mpuzankano nshya zigera aho zihira mu bubiko kandi bo bambaye izashaje cyane, umwe yagize ati "Birababaje. Ni gute impuzankano nshya zibikwa kandi twambaye izacitse imyaka myinshi ishize?", Bamwe muri twe bamaze imyaka irenga itatu batabona impuzankano nshya."

Bamwe mu bapolisi kandi bashinja ubuyobozi ubusumbane n’imicungire mibi mu mirimo yabo.

Umwe mu bapolisi yagize ati "Hari amatsinda yitabwaho, andi akirengagizwa. Wenda iyi nkongi yabayeho nk’impanuka, ariko byerekana ubusumbane bukabije bubaho mu itangwa ry’ibikoresho."

Hari n’abandi bavuga ko hashobora kuba harabayeho ubugambanyi cyangwa ibi bikaba byari uguhisha ibimenyetso by'imikorere mibi yo kudashyira ku murongo ibijyanye no kugeza impuzankano ku bapolisi bamwe.

Bagakomeza bavuga ko ububiko nka buriya budakwiye gushya mu gisa no kwirengagiza inshingano, ahubwo hakwiye gushyirwaho ingamba zikomeye zo kuburinda. 

Ubuyobozi bw'igipolisi cy'u Burundi bwasezeranyije ko bugiye gukora iperereza kuri ibi, gusa abenshi mu bapolisi ntibizeye ko hari ikizavamo. Umwe yagize ati "Ni iperereza ryo kujijisha nk’ibisanzwe. Nta n’umwe uzaryozwa ibyabaye."

Mu gihe abapolisi bamwe bavuga ko bamaze imyaka irenga itatu badahindurirwa impuzankano, ubusanzwe bivugwa ko igisirikare ndetse n'igipolisi by'u Burundi, bahindurirwa buri mwaka.

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: anselmetuyizere07@gmail.com

Burundi: Ububiko bw'impuzankano za Polisi bwafashwe n'inkongi y'umuriro

May 22, 2025 - 15:20
 0
Burundi: Ububiko bw'impuzankano za Polisi bwafashwe n'inkongi y'umuriro

Ububiko bw'impuzankano nshya z'igipolisi cy’u Burundi (PNB) buherereye i Bujumbura mu Ngagara, bwafashwe n'inkongi y'umuriro mu gihe bamwe mu bapolisi bataka kutagira impuzankano nshya.


Uyi nkongi y'umuriro yafashe ahabikwa impuzankano nshya mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri. Uyu muriro wangije imyambaro mishya myinshi yari ihibatse gusa nyuma Polisi iza kuzimya.

General Major Christophe Manirambona, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Burundi, yihutiye kugera ahabereye iyi nkongi kugira ngo afashe kuzimya umuriro. Gusa n'ubwo yahageze yasanze ibyangiritse ari byinshi.

Abapolisi bamwe kandi bumvikanye bavuga ko bibabaje kuba izi mpuzankano nshya zigera aho zihira mu bubiko kandi bo bambaye izashaje cyane, umwe yagize ati "Birababaje. Ni gute impuzankano nshya zibikwa kandi twambaye izacitse imyaka myinshi ishize?", Bamwe muri twe bamaze imyaka irenga itatu batabona impuzankano nshya."

Bamwe mu bapolisi kandi bashinja ubuyobozi ubusumbane n’imicungire mibi mu mirimo yabo.

Umwe mu bapolisi yagize ati "Hari amatsinda yitabwaho, andi akirengagizwa. Wenda iyi nkongi yabayeho nk’impanuka, ariko byerekana ubusumbane bukabije bubaho mu itangwa ry’ibikoresho."

Hari n’abandi bavuga ko hashobora kuba harabayeho ubugambanyi cyangwa ibi bikaba byari uguhisha ibimenyetso by'imikorere mibi yo kudashyira ku murongo ibijyanye no kugeza impuzankano ku bapolisi bamwe.

Bagakomeza bavuga ko ububiko nka buriya budakwiye gushya mu gisa no kwirengagiza inshingano, ahubwo hakwiye gushyirwaho ingamba zikomeye zo kuburinda. 

Ubuyobozi bw'igipolisi cy'u Burundi bwasezeranyije ko bugiye gukora iperereza kuri ibi, gusa abenshi mu bapolisi ntibizeye ko hari ikizavamo. Umwe yagize ati "Ni iperereza ryo kujijisha nk’ibisanzwe. Nta n’umwe uzaryozwa ibyabaye."

Mu gihe abapolisi bamwe bavuga ko bamaze imyaka irenga itatu badahindurirwa impuzankano, ubusanzwe bivugwa ko igisirikare ndetse n'igipolisi by'u Burundi, bahindurirwa buri mwaka.