issa
APR FC ihuriye n'uruva gusenya i Rubavu

APR FC ihuriye n'uruva gusenya i Rubavu

Nov 1, 2025 - 16:01
 0

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ukwakira 2025, ikipe ya APR FC yasuye Rutsiro FC mu mukino w'umunsi wa Gatandatu urangira ikipe zombi zinganyije igitego 1-1.


Ku isaha ya saa cyenda z'amanwa, nibwo umukino watangiye. Ni umukino watangiye ikipe zombi ubona nta mbaraga wavuga zifite ariko APR FC ubona ko irimo guhanahana nubwo itageraga imbere y'izamu.

Ku munota wa Gatanu gusa, ikipe ya Rutsiro FC yagerageje uburyo bukomeye bwari bugeragejwe na Mumbere Mbusa Jermie ku mupira mwiza yari ahawe na Mumbere Malikidogo ariko ateye ishoti umupira uca ku ruhande.

Ku munota wa 13, APR FC nayo yagerageje uburyo ku mupira muremure watewe na Ruboneka Jean Bosco ufatwa na Byiringiro Gilbert ahereje Denis Omedi umupira ukurwamo n'abakinnyi ba Rutsiro FC.

Nyuma y'umunota umwe gusa Rutsiro FC yabonye amahirwe yo gutsinda igitego ku mupira mwiza Mumbere Malikidogo yahereje Nizeyimana Jean Claude ariko Karangwa Justin uri gusifura ku ruhande yemeza ko habayemo kurarira.

Ku munota wa 24, ikipe ya APR FC yabonye kufura ku ruhande rw'ibumoso Ugana ku izamu rya Rutsiro FC ariko iterwa nabi na Niyomugabo Claude abasore ba Rutsiro FC bahita bawukuramo nta gihunga.

Ku munota wa 32, ikipe ya APR FC yafunguye amazamu ku mupira mwiza watewe na Nshimirimana Yunusu ufatwa na Hakim Kiwanuka ahereza mwenewabo Denis Omedi ahita ashyira mu izamu.

Ku munota wa 36, ikipe ya Rutsiro FC nayo yahushije uburyo bukomeye cyane nyuma yo gutakaza umupira kwa Ruboneka Jean Bosco ukaza gufatwa na Mumbere Malikidogo ateye ishoti umupira ukurwamo neza na Ishimwe Pierre.

Ku munota wa 41, Rutsiro FC yatsinze igitego cyo kwishyura kuri Penalite yatewe neza na Nizeyimana Jean Claude. Iyi Penalite Rutsiro FC yayibonye nyuma y'ikosa ryakozwe na APR FC rikorewe Mumbere Mbusa Jermie umusifuzi Ngabonziza Jean Paul ahita yemeza ko ari Penalite.

Igice cya mbere hagati ya APR FC na Rutsiro FC cyarangiye ikipe zombi zinganyije igitego 1-1. Ni umukino twabonye APR FC igerageza gukina ihanahana umupira neza ariko Kandi ntabwo warenza ingoyi umupira mwiza wakinwe na Rutsiro FC.

Igice cya Kabiri cyatangiye APR FC ifite imbaraga nyinshi kuko ku munota wa 49, yahushije uburyo bukomeye nyuma ya kufura yatewe neza na Ruboneka Jean Bosco ariko Nshimirimana Yunusu ateye umupira uca hejuru y'izamu.

Ku munota wa 57, APR FC yongeye kugerageza uburyo bukomeye ku mupira mwiza wafashwe na Denis Omedi ahereza neza Mohamed Lamine Bah ateye ishoti umupira uca ku ruhande.

Ku munota wa 59, myugariro wa APR FC yavunitse nyuma yo kugongana na Mumbere Mbusa Jermie ndetse ku muvura bifata umwanya munini kuko yakomeretse kugeza ashyizweho igipfuko mu isura.

Ku munota wa 65, umutoza wa APR FC yakoze impinduka yinjiza mu kibuga Ombarenga Fitina na Mugisha Gilbert abarimo Byiringiro Gilbert na Ngabonziza Pacific bakurwa mu kibuga.

Rutsiro FC yakoze impinduka nayo ku munota wa 73, umutoza Bizumuremyi Radjab akuramo Mumbere Mbusa Jermie hinjira mu kibuga Kwizera Eric.

Ku munota wa 75, APR FC yabonye igitego cya Kabiri gitsinzwe na William Mel Togui ariko umusifuzi yemeza ko habayemo kurarira. Ikipe ya APR FC yahise ikora impinduka William Mel Togui ava mu kibuga hinjiramo Mamadou Sy.

Rutsiro FC nayo yakoze impinduka ku munota wa 77, Umutoza wa Rutsiro FC, Bizumuremyi Radjab akuramo Godspower Obus ashyiramo Nkubito Amza.

Umukino hagati ya Rutsiro FC na APR FC urangiye ikipe zombi zinganyije igitego 1-1. Ni umukino tubonye ikipe zombi zinganya yaba mu gutaha izamu ndetse no guhanahana umupira.

APR FC inganyije na Rutsiro FC igitego 1-1

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

APR FC ihuriye n'uruva gusenya i Rubavu

Nov 1, 2025 - 16:01
Nov 1, 2025 - 17:17
 0
APR FC ihuriye n'uruva gusenya i Rubavu

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ukwakira 2025, ikipe ya APR FC yasuye Rutsiro FC mu mukino w'umunsi wa Gatandatu urangira ikipe zombi zinganyije igitego 1-1.


Ku isaha ya saa cyenda z'amanwa, nibwo umukino watangiye. Ni umukino watangiye ikipe zombi ubona nta mbaraga wavuga zifite ariko APR FC ubona ko irimo guhanahana nubwo itageraga imbere y'izamu.

Ku munota wa Gatanu gusa, ikipe ya Rutsiro FC yagerageje uburyo bukomeye bwari bugeragejwe na Mumbere Mbusa Jermie ku mupira mwiza yari ahawe na Mumbere Malikidogo ariko ateye ishoti umupira uca ku ruhande.

Ku munota wa 13, APR FC nayo yagerageje uburyo ku mupira muremure watewe na Ruboneka Jean Bosco ufatwa na Byiringiro Gilbert ahereje Denis Omedi umupira ukurwamo n'abakinnyi ba Rutsiro FC.

Nyuma y'umunota umwe gusa Rutsiro FC yabonye amahirwe yo gutsinda igitego ku mupira mwiza Mumbere Malikidogo yahereje Nizeyimana Jean Claude ariko Karangwa Justin uri gusifura ku ruhande yemeza ko habayemo kurarira.

Ku munota wa 24, ikipe ya APR FC yabonye kufura ku ruhande rw'ibumoso Ugana ku izamu rya Rutsiro FC ariko iterwa nabi na Niyomugabo Claude abasore ba Rutsiro FC bahita bawukuramo nta gihunga.

Ku munota wa 32, ikipe ya APR FC yafunguye amazamu ku mupira mwiza watewe na Nshimirimana Yunusu ufatwa na Hakim Kiwanuka ahereza mwenewabo Denis Omedi ahita ashyira mu izamu.

Ku munota wa 36, ikipe ya Rutsiro FC nayo yahushije uburyo bukomeye cyane nyuma yo gutakaza umupira kwa Ruboneka Jean Bosco ukaza gufatwa na Mumbere Malikidogo ateye ishoti umupira ukurwamo neza na Ishimwe Pierre.

Ku munota wa 41, Rutsiro FC yatsinze igitego cyo kwishyura kuri Penalite yatewe neza na Nizeyimana Jean Claude. Iyi Penalite Rutsiro FC yayibonye nyuma y'ikosa ryakozwe na APR FC rikorewe Mumbere Mbusa Jermie umusifuzi Ngabonziza Jean Paul ahita yemeza ko ari Penalite.

Igice cya mbere hagati ya APR FC na Rutsiro FC cyarangiye ikipe zombi zinganyije igitego 1-1. Ni umukino twabonye APR FC igerageza gukina ihanahana umupira neza ariko Kandi ntabwo warenza ingoyi umupira mwiza wakinwe na Rutsiro FC.

Igice cya Kabiri cyatangiye APR FC ifite imbaraga nyinshi kuko ku munota wa 49, yahushije uburyo bukomeye nyuma ya kufura yatewe neza na Ruboneka Jean Bosco ariko Nshimirimana Yunusu ateye umupira uca hejuru y'izamu.

Ku munota wa 57, APR FC yongeye kugerageza uburyo bukomeye ku mupira mwiza wafashwe na Denis Omedi ahereza neza Mohamed Lamine Bah ateye ishoti umupira uca ku ruhande.

Ku munota wa 59, myugariro wa APR FC yavunitse nyuma yo kugongana na Mumbere Mbusa Jermie ndetse ku muvura bifata umwanya munini kuko yakomeretse kugeza ashyizweho igipfuko mu isura.

Ku munota wa 65, umutoza wa APR FC yakoze impinduka yinjiza mu kibuga Ombarenga Fitina na Mugisha Gilbert abarimo Byiringiro Gilbert na Ngabonziza Pacific bakurwa mu kibuga.

Rutsiro FC yakoze impinduka nayo ku munota wa 73, umutoza Bizumuremyi Radjab akuramo Mumbere Mbusa Jermie hinjira mu kibuga Kwizera Eric.

Ku munota wa 75, APR FC yabonye igitego cya Kabiri gitsinzwe na William Mel Togui ariko umusifuzi yemeza ko habayemo kurarira. Ikipe ya APR FC yahise ikora impinduka William Mel Togui ava mu kibuga hinjiramo Mamadou Sy.

Rutsiro FC nayo yakoze impinduka ku munota wa 77, Umutoza wa Rutsiro FC, Bizumuremyi Radjab akuramo Godspower Obus ashyiramo Nkubito Amza.

Umukino hagati ya Rutsiro FC na APR FC urangiye ikipe zombi zinganyije igitego 1-1. Ni umukino tubonye ikipe zombi zinganya yaba mu gutaha izamu ndetse no guhanahana umupira.

APR FC inganyije na Rutsiro FC igitego 1-1