issa
Amerika yahagaritse VISA ya Wole Soyinka

Amerika yahagaritse VISA ya Wole Soyinka

Oct 29, 2025 - 16:37
 0

Wole Soyinka w'imyaka 91 y'amavuko yabwiye abanyamakuru bo muri Nigeria ko yamenyeshejwe iryo hagarikwa rya VISA ye bitewe n'uko mu 2016 yari yatangaje ko Donald Trump natsinda amatora azahita aca ibyangombwa byo kujya muri Amerika.


Ku wa 23 Ukwakira 2025 Ambasade ya Amerika muri Nigeria yasohoye itangazo rimenyesha Wole Soyinka ko yahagaritswe kongera kwinjira muri Amerika bityo VISA ye ya Green Card yateshejwe agaciro.

Uyu mukambwe w'imyaka 91 y'amavuko yabwiye abanyamakuru bo muri Nigeria ko yamenyeshejwe iryo hagarikwa rya VISA ye bitewe n'uko mu 2016 yari yatangaje ko Donald Trump natsinda amatora azahita aca ibyangombwa byo kujya muri Amerika.

Niko byagenze koko Donald Trump yatsinze amatora ayobora manda imwe yongera kugaruka ku butegetsi mu 2024.

 Kuri ubu Wole Soyinka ufite igihembo cyitiriwe Nobel abikesha ubwanditsi mu buvanganzo.

Kuva mu 1990 yatangiye kwigisha muri kaminuza zo muri Amerika ariko ubu yamenyesheje abantu bose ko uzajya amukenera azajya amusanga muri Nigeria.

 Ambasade y'Amerika yamenyesheje Wole Soyinka ko asabwa kuzana VISA ye bakayitesha agaciro. Icyakora yamenyeshejwe ko yemerewe gusaba bundi bushya ibyangombwa byo kujya muri Amerika.

Amerika yahagaritse VISA ya Wole Soyinka

Oct 29, 2025 - 16:37
 0
Amerika yahagaritse VISA ya Wole Soyinka

Wole Soyinka w'imyaka 91 y'amavuko yabwiye abanyamakuru bo muri Nigeria ko yamenyeshejwe iryo hagarikwa rya VISA ye bitewe n'uko mu 2016 yari yatangaje ko Donald Trump natsinda amatora azahita aca ibyangombwa byo kujya muri Amerika.


Ku wa 23 Ukwakira 2025 Ambasade ya Amerika muri Nigeria yasohoye itangazo rimenyesha Wole Soyinka ko yahagaritswe kongera kwinjira muri Amerika bityo VISA ye ya Green Card yateshejwe agaciro.

Uyu mukambwe w'imyaka 91 y'amavuko yabwiye abanyamakuru bo muri Nigeria ko yamenyeshejwe iryo hagarikwa rya VISA ye bitewe n'uko mu 2016 yari yatangaje ko Donald Trump natsinda amatora azahita aca ibyangombwa byo kujya muri Amerika.

Niko byagenze koko Donald Trump yatsinze amatora ayobora manda imwe yongera kugaruka ku butegetsi mu 2024.

 Kuri ubu Wole Soyinka ufite igihembo cyitiriwe Nobel abikesha ubwanditsi mu buvanganzo.

Kuva mu 1990 yatangiye kwigisha muri kaminuza zo muri Amerika ariko ubu yamenyesheje abantu bose ko uzajya amukenera azajya amusanga muri Nigeria.

 Ambasade y'Amerika yamenyesheje Wole Soyinka ko asabwa kuzana VISA ye bakayitesha agaciro. Icyakora yamenyeshejwe ko yemerewe gusaba bundi bushya ibyangombwa byo kujya muri Amerika.