Abakinnyi b'ikipe y'igihugu batarengeje imyaka 17 baganuye kuri Hotel ya FERWAFA
Abakinnyi b'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi y'abatarengeje imyaka 17 baganuye ku bwiza bwa Hotel ya FERWAFA nyuma y'igihe irimo kubakwa.
Hashize igihe gisaga icyumweru, ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi y'abatarengeje imyaka 17 ikora imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera mu gihugu cya Ethiopia. Nubwo aba bana b'abanyarwanda bakoraga imyitozo ntabwo bari mu mwiherero kuko bakoraga bataha iwabo.
Mu ijoro ryacyeye tariki 4 Ugushyingo 2025, nibwo abakinnyi b'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi y'abatarengeje imyaka 17 batangiye umwiherero barara muri Hotel nshya ya FERWAFA imaze imyaka irenga 10 irimo kubakwa.
Iyi Hotel ya FERWAFA iherereye mu karere ka Gasabo mu murenge wa Remera hafi y'ibikorwa remezo by'imikino birimo na Sitade Amahoro. Iyi hotel ifite ibyumba 88 birimo ibyumba byo kuriramo, uruganiriro ndetse n'ibyumba byo kuryamamo hamwe n'ibindi birimo na Gym.
Iyi Hotel y'inyenyeri Enye yatangiye kubakwa muri Kanama 2015 itashywe mu Ugushyingo 2025. Iyi Hotel yarubatswe igera igihe FERWAFA ihagarika imirimo yo kuyubaka iza gusubukurwa mu Ngoma y'imyaka ine ya Alphonse Munyentwari, none itangiye gukoreshwa ku Ngoma nshya ya Shema Ngoga Fabrice.
Iyi Hotel yagizwemo uruhare n'impuzamashyirahamwe y'umupira w'amagaru ku Isi FIFA ndetse n'ishyirahamwe ryo muri Marocco, yuzuye itwaye Milliyari zirenga 5800 z'amafaranga y'u Rwanda.
Ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi y'abatarengeje imyaka 17 irimo gukoresha iyi Hotel mu gihe irimo kwitegura guhaguruka hano mu Rwanda tariki 11 Ugushyingo 2025 yerekeza muri Ethiopia. Iyi kipe iri mu itsinda rimwe na Kenya, Sudani y'epfo ndetse na Somalia.
Muri CECAFA y'uyu mwaka ikipe Eshatu za mbere nizo zizabona itike yo gukina igikombe cy'Afurika cy'abatarengeje iyi myaka.


Kinyarwanda
English
Swahili









