Turahirwa Moses agiye kuburana
Turahirwa Moses wamamaye nka Moshions yageze ku rukiko rw'ibanze rwa Kicukiro aho agiye kuburana ku byaha ashinjwa birimo kunywa ibiyobyabwenge.
Uri ni urubanza ruza gutangira i saa 9h00 zo mu gitondo cyo kuri uyu Kabiri tariki ya 06 Gicurasi 2025.
Ubushinjacyaha buratangira busobanura impamvu bwamuregeye urukiko, na we yisobanure ku byo aregwa.
Ku wa 22 Mata 2025, ni bwo RIB yataye muri yombi Turahirwa Moses, akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge.
Moses yongeye gufungwa nyuma y’uko muri Mata 2023 na bwo yari yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo guhimba cyangwa guhindura urwandiko rw’inzira no gukoresha ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi.
Kuva muri Mata 2023, Turahirwa yatangiye gukurikiranwa mu butabera, ku wa 20 Ukuboza 2024, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamuhamije ibyaha birimo icyo guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano no kunywa urumogi.
Rwahise rumukatira gufungwa imyaka itatu, agatanga n’ihazabu ya miliyoni 2 Frw n’ibihumbi 20 Frw nk’igarama ry’urubanza nubwo yahise ajuririra icyo cyemezo.
Turahirwa Moses yamaze kugera ku rukiko rwa Kicukiro


Kinyarwanda
English
Swahili









