issa
Senegal: 14 batawe muri yombi bakekwaho gucuruza abantu no kubanduza SIDA ku bushake

Senegal: 14 batawe muri yombi bakekwaho gucuruza abantu no kubanduza SIDA ku bushake

Feb 9, 2026 - 17:10
 0

Polisi ya Senegal yataye muri yombi abantu 14 bakekwaho gushinga umushinga wo gucuruza abantu bagakoreshwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina muri icyo gihugu n'u Bufaransa.


Byatangajwe na Polisi ya Senegal yavuze ko abo bagizi ba nabi bafatiwe mu bugenzuzi bwa konswe bugahamya ko abo bagabo bakoraga ubucuruzi bw’abantu, n’ibindi bifitanye isano nabyo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Polisi ya Senegal ku wa 8 Gashyantare 2026, rivuga ko abo 14 bakurikiranweho ibyaha birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina, uburaya bw’abana bato bari munsi y’imyaka 15, ndetse no kwanduza abantu virusi itera SIDA ku bushake.

Abo 14 baregwa bose ni Abanyasenegali, bivugwa ko bakoreshwaga n’umugabo w’Umufaransa na we watawe muri yombi afatiwe mu majyaruguru y’u Bufaransa ubwo yari atwaye bamwe mu bakobwa bari bakorewe ihohoterwa.

Iperereza rya Polisi ya Senegal rigaragaza ko iryo huriro ry’abo bagizi ba nabi ryatangijwe mu 2017, aho ngo ryatangiye rifata abana babahungu ku ngufu bagakoreshwa imibonano mpuzabitsina ku gahato, nyuma yaho bakagera no ku bakobwa bivugwa ko banandujwe virusi itera SIDA ku bushake.

Polisi ya Senegal yavuze ko hari amashusho ahari agaragaza buri kimwe cyagiye gikorerwa ababaga bashimuswe, ni mu gihe abo bagizi ba nabi bo bafatiwe mu bice bitandukanye by’umujyi wa Dakar n’uwa Kaolack muri Senegal.

Kugeza ubu, inzego z’umutekano za Senegal zatangaje ko iperereza rigikomeje kugira ngo hamenyekane neza niba hari abandi baba bari inyuma y’ubwo bugizi bwa nabi ndetse n’abagizweho ingaruka nabwo bahabwe ubufasha.

Senegal: 14 batawe muri yombi bakekwaho gucuruza abantu no kubanduza SIDA ku bushake

Feb 9, 2026 - 17:10
Feb 9, 2026 - 17:16
 0
Senegal: 14 batawe muri yombi bakekwaho gucuruza abantu no kubanduza SIDA ku bushake

Polisi ya Senegal yataye muri yombi abantu 14 bakekwaho gushinga umushinga wo gucuruza abantu bagakoreshwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina muri icyo gihugu n'u Bufaransa.


Byatangajwe na Polisi ya Senegal yavuze ko abo bagizi ba nabi bafatiwe mu bugenzuzi bwa konswe bugahamya ko abo bagabo bakoraga ubucuruzi bw’abantu, n’ibindi bifitanye isano nabyo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Polisi ya Senegal ku wa 8 Gashyantare 2026, rivuga ko abo 14 bakurikiranweho ibyaha birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina, uburaya bw’abana bato bari munsi y’imyaka 15, ndetse no kwanduza abantu virusi itera SIDA ku bushake.

Abo 14 baregwa bose ni Abanyasenegali, bivugwa ko bakoreshwaga n’umugabo w’Umufaransa na we watawe muri yombi afatiwe mu majyaruguru y’u Bufaransa ubwo yari atwaye bamwe mu bakobwa bari bakorewe ihohoterwa.

Iperereza rya Polisi ya Senegal rigaragaza ko iryo huriro ry’abo bagizi ba nabi ryatangijwe mu 2017, aho ngo ryatangiye rifata abana babahungu ku ngufu bagakoreshwa imibonano mpuzabitsina ku gahato, nyuma yaho bakagera no ku bakobwa bivugwa ko banandujwe virusi itera SIDA ku bushake.

Polisi ya Senegal yavuze ko hari amashusho ahari agaragaza buri kimwe cyagiye gikorerwa ababaga bashimuswe, ni mu gihe abo bagizi ba nabi bo bafatiwe mu bice bitandukanye by’umujyi wa Dakar n’uwa Kaolack muri Senegal.

Kugeza ubu, inzego z’umutekano za Senegal zatangaje ko iperereza rigikomeje kugira ngo hamenyekane neza niba hari abandi baba bari inyuma y’ubwo bugizi bwa nabi ndetse n’abagizweho ingaruka nabwo bahabwe ubufasha.