Habaye mu rugo! Pyramids FC igiye kugaruka mu Rwanda
Pyramids FC ikina shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Misiri, igiye kugaruka gukinira hano mu Rwanda nyuma yo kuhatsindira APR FC.
Ibi byatangajwe na CAF ku wa Mbere tariki 20 Ukwakira 2025. Ni nyuma y'inama y'ubuyobozi bwa CAF buza kwemezwa ko umukino ubanza ugomba guhuza Ethiopia Insurance na Pyramids FC uzabera mu Rwanda w'ijonjora rya Kabiri wa CAF Champions League.
Ni umukino ubanza ikipe ya Ethiopia Insurance igomba kwakira kuko Sitade yari yatanze yo muri iki gihugu mu mujyi wa Addis Ababa bayanze bikaba ngombwa ko bashaka Sitade iri hafi hafatwa umwanzuro wo kuzana uyu mukino hano mu Rwanda.
Ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru hano mu Rwanda, FERWAFA, ryemeje ko uyu mukino uzaba tariki 26 Ukwakira 2025, uzabera kuri Kigali Pele Stadium aho Pyramids FC yakiniye na APR FC umukino ubanza ukarangira itsinze ibitego 2-0.
Pyramids FC bigiye kuba inshuro Enye iza gukinira hano mu Rwanda umukino ubanza wa CAF Champions League mu myaka itatu iheruka. Imikino itatu yayikinnye na APR FC ndetse n'uyu izakina na Ethiopia Insurance. Umukino wo kwishyura uteganyijwe tariki 1 Ugushyingo 2025.
Pyramids FC ubwo iheruka mu Rwanda yatsinze APR FC ibitego 2-0


Kinyarwanda
English
Swahili









