issa
Fik Fameica yemeye ko yigeze gukundana na Lydia Jazmine, Ykee Benda yanenze abahanzi bashya kutagira imiziki myiza, Abo muri Grammy birengagije Davido (Avugwa mu myidagaduro)

Fik Fameica yemeye ko yigeze gukundana na Lydia Jazmine, Ykee Benda yanenze abahanzi bashya kutagira imiziki myiza, Abo muri Grammy birengagije Davido (Avugwa mu myidagaduro)

Jul 4, 2025 - 11:53
 0

Umuhanzi ubivanga n’ubucuruzi, Fik Fameica yashyize yemera ko yigeze kugacishaho n’umuhanzikazi Lydia Jazmine ariko kuri ubu bakaba bari inshuti zisanzwe.


Mu kiganiro yagiranye na Bruno K kuri TikTok, Fik Fameica yemeye ko yigeze gukundana na Lydia Jazmine. Umubano w’aba bahanzi wamenyekanye cyane mu myaka ya za 2019 kugeza ubwo mu bihe bya guma mu rugo, Fik Fameica yigeze kubana na Lydia Jazmine. Uwo mubano waje no kuvamo indirimbo bise Binji.

Fik Fameica yigeze no gutangaza ko yifuza kuzabana ubuzima bwe bwose na Lydia Jazmine. Fik Fameica ni umwe mu bahanzi bo muri Uganda bafite amaduka menshi aranguza inkweto zigezweho. Ikindi kandi ari mu myiteguro yo gukora igitaramo ku itariki 5 Nzeri 2025 kizabera Lugogo Cricket Oval. mLydia Jazmine yabanye mu nzu na Fik Fameica mu bihe bya Covid-19

Fik Fameica ni umwe mu bahanzi bakunzwe muri Uganda abikesha indirimbo yakoranye n’abahanzi barimo;Patoranking (Omu Bwati), izo yakoranye na Joe Boy,Harmonize, Rayvanny, Casper Nyovest, Khaligraph Jones, Navio, Marioo, Rosa Ree,Dj Maphorisa,Rouge A Pass, Bruce Melodie,Nyanshiski, Vanessa Mdee, Laylizzy, Juma Jux,Mbuzi Gang.

Ykee Benda yanenze abahanzi bashya kutagira imiziki myiza

Umuhanzi Ykee Benda yikomye abahanzi bashya abashinja kudakora imiziki iramba ku buryo usanga abategura ibitaramo bahora batumira abahanzi bakuze hakaburamo ab’amaraso mashya. Yanatanze urugero ko uzasanga nka Fik Fameica, B2C n’abandi bakuru bahora mu bitaramo kubera ko bafite indirimbo zimara amasaha abantu ku rubyiniro bari kujyana kandi baba bazinyotewe n’ubwo zimaze imyaka zikozwe.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yavuze ko indirimbo nziza zarangiranye n’urungano rwa John Blaq ku buryo abaje nyuma ye bigoye kubona umuhanzi ukora umuziki mwiza uzaramba.

Yagaragaje ko murandasi yabahaye rugari rwose baramenyekana ariko se ni bangahe bahabwa akazi mu bitaramo? Ku bwe asanga ari abahanzi bo kuri murandasi kurusha kuba abahanzi b’abaturage kandi abataramirwa ni abafana ba nyabo si ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga.

Yongeye ko Babura byinshi kugirango bakore amazina yabo abe Manini cyane kuko bibeshya cyane ku isi yo kuri murandasi. Igitekerezo cye yagisoje yerekana impamvu abategura ibitaramo bahitamo guha akazi abahanzi bakuru bakirengagiza abari Kubica bigacika ku mbuga zirimo TikTok bitewe n’uko indirimbo zabo zitazwi mu baturage.

Rema yabaye umuhanzi wambaye neza mu gusoza Paris Fashion Week

Umuhanzi Rema ugezweho ku ruhando mpuzamahanga yabaye umuhanzi wambaye neza cyane kurusha abandi mu birori byo kumurika imideri byasorejwe I Paris mu Bufaransa. Ni ibirori byasojwe ku itariki 1 Nyakanga 2025 byanitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye.

Savara Mudigi ari kurebererwa inyungu n’umugore we

Savara Mudigi wabaye mu itsinda rya Sauti Sol ari kurebererwa inyungu mu bijyanye n’umuziki n’umukunzi we witwa Yvonne Endo. Savara yasobanuye ko Yvonne azi neza cyane Savara kandi ko kuba umuhuza n’abafana be byoroshye kurusha abandi bose ku buryo ari we yahisemo kugirango agenzure ibikorwa byose bya muzika. Savara abaye umuhanzi wa kabiri wo muri Sauti Sol uri gukorana n’umugore we cyangwa se umukunzi we nyuma ya Bien Aime Baraza nawe urebererwa inyungu n’umugore we.

Abo muri Grammy birengagije Davido biteza intambara mu myidagaduro yo muri Nigeria

Abategura Grammy Awards bo muri Recording Academy bagaragaje abahanzi batatu batumye Afrobeats yamamara ku isi bavuga Wizkid, Burna Boy na Rema birangagiza Davido.  Abategura ibyo bihembo bamaze kuvuga abahanzi batatu bahagaze neza muri Nigeria byateje sahinda ku mbuga nkoranyamba bitewe n’uko birengagije Davido kandi ari umuhanzi ufatwa nk’uza muri batatu beza Nigeria yagize. Ni ibiganiro byatangiwe kuri X aho bareberega hamwe iterambere rya Afrobeats kuva mu 2010 kugeza mu 2025. Banakoze urutonde rw’indirimbo 10 zo muri Afrobeats hazamo iya 2Baba yitwa African Queen yo mu 2004, P-Sqaure mu ndirimbo yitwa  Do Me yo mu 2007, Bumper 2 Bumper ya Wande Coal yo mu 2009, Pon Pon Pony a Dagrin yo mu 2009, Azonto ya Fuse ODG na Tifanny Owusu yo mu 2014. Ojuelegba ya Wizkid yo mu 2014, Mad Over You ya Runtown yo mu 2016, Maradona ya Niniola yo mu 2017, Sungba ya Asake yo mu 2022 na Ozeba ya Rema yo mu 2024.

 Abasesenguzi bateye utwatsi ibitekerezo bibogamye bya Recording Academy

Umusesenguzi w’imyidagaduro muri Nigeria ubifatanya n’ubushabitsi,Anthony Udugba yabwiye LEGIT.NG ko ubuyobozi bwa Grammy Award ataribwo bufata iya mbere mu kumenya abahanzi beza babayeho muri Nigeria kuko inkuru yabo yasanze yuzuyemo kubogama cyane.

Yavuze ko kuvuga abahahanzi bagize uruhare mu iterambere rya Afrobeats ukirengagiza Davido uba utazi ibyo uvuga.

Yasobanuye ko bariya bakoresheje amarangamutima yabo n’ubufana bwinshi kuko Davido amaze ibinyacumi bibiri ahagaze neza bitandukanye na Rema utaramara ikinyacumi mu muziki. Yasabye Davido kutita ku bamuca intege ahubwo amusaba gukomeza kugeza kure umuziki wa Nigeria kuko abacantege batazigera babura mu rugendo rw’iterambere.

Uyu musesenguzi asanga uruganda rw’imyidagaduro rushingira cyane ku bitekerezo bwite by’abantu badafite amakuru ahamye nk’ababibamo mu buzima bwa buri munsi.

 

Fik Fameica yemeye ko yigeze gukundana na Lydia Jazmine, Ykee Benda yanenze abahanzi bashya kutagira imiziki myiza, Abo muri Grammy birengagije Davido (Avugwa mu myidagaduro)

Jul 4, 2025 - 11:53
 0
Fik Fameica yemeye ko yigeze gukundana na Lydia Jazmine, Ykee Benda yanenze abahanzi bashya kutagira imiziki myiza, Abo muri Grammy birengagije Davido (Avugwa mu myidagaduro)

Umuhanzi ubivanga n’ubucuruzi, Fik Fameica yashyize yemera ko yigeze kugacishaho n’umuhanzikazi Lydia Jazmine ariko kuri ubu bakaba bari inshuti zisanzwe.


Mu kiganiro yagiranye na Bruno K kuri TikTok, Fik Fameica yemeye ko yigeze gukundana na Lydia Jazmine. Umubano w’aba bahanzi wamenyekanye cyane mu myaka ya za 2019 kugeza ubwo mu bihe bya guma mu rugo, Fik Fameica yigeze kubana na Lydia Jazmine. Uwo mubano waje no kuvamo indirimbo bise Binji.

Fik Fameica yigeze no gutangaza ko yifuza kuzabana ubuzima bwe bwose na Lydia Jazmine. Fik Fameica ni umwe mu bahanzi bo muri Uganda bafite amaduka menshi aranguza inkweto zigezweho. Ikindi kandi ari mu myiteguro yo gukora igitaramo ku itariki 5 Nzeri 2025 kizabera Lugogo Cricket Oval. mLydia Jazmine yabanye mu nzu na Fik Fameica mu bihe bya Covid-19

Fik Fameica ni umwe mu bahanzi bakunzwe muri Uganda abikesha indirimbo yakoranye n’abahanzi barimo;Patoranking (Omu Bwati), izo yakoranye na Joe Boy,Harmonize, Rayvanny, Casper Nyovest, Khaligraph Jones, Navio, Marioo, Rosa Ree,Dj Maphorisa,Rouge A Pass, Bruce Melodie,Nyanshiski, Vanessa Mdee, Laylizzy, Juma Jux,Mbuzi Gang.

Ykee Benda yanenze abahanzi bashya kutagira imiziki myiza

Umuhanzi Ykee Benda yikomye abahanzi bashya abashinja kudakora imiziki iramba ku buryo usanga abategura ibitaramo bahora batumira abahanzi bakuze hakaburamo ab’amaraso mashya. Yanatanze urugero ko uzasanga nka Fik Fameica, B2C n’abandi bakuru bahora mu bitaramo kubera ko bafite indirimbo zimara amasaha abantu ku rubyiniro bari kujyana kandi baba bazinyotewe n’ubwo zimaze imyaka zikozwe.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yavuze ko indirimbo nziza zarangiranye n’urungano rwa John Blaq ku buryo abaje nyuma ye bigoye kubona umuhanzi ukora umuziki mwiza uzaramba.

Yagaragaje ko murandasi yabahaye rugari rwose baramenyekana ariko se ni bangahe bahabwa akazi mu bitaramo? Ku bwe asanga ari abahanzi bo kuri murandasi kurusha kuba abahanzi b’abaturage kandi abataramirwa ni abafana ba nyabo si ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga.

Yongeye ko Babura byinshi kugirango bakore amazina yabo abe Manini cyane kuko bibeshya cyane ku isi yo kuri murandasi. Igitekerezo cye yagisoje yerekana impamvu abategura ibitaramo bahitamo guha akazi abahanzi bakuru bakirengagiza abari Kubica bigacika ku mbuga zirimo TikTok bitewe n’uko indirimbo zabo zitazwi mu baturage.

Rema yabaye umuhanzi wambaye neza mu gusoza Paris Fashion Week

Umuhanzi Rema ugezweho ku ruhando mpuzamahanga yabaye umuhanzi wambaye neza cyane kurusha abandi mu birori byo kumurika imideri byasorejwe I Paris mu Bufaransa. Ni ibirori byasojwe ku itariki 1 Nyakanga 2025 byanitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye.

Savara Mudigi ari kurebererwa inyungu n’umugore we

Savara Mudigi wabaye mu itsinda rya Sauti Sol ari kurebererwa inyungu mu bijyanye n’umuziki n’umukunzi we witwa Yvonne Endo. Savara yasobanuye ko Yvonne azi neza cyane Savara kandi ko kuba umuhuza n’abafana be byoroshye kurusha abandi bose ku buryo ari we yahisemo kugirango agenzure ibikorwa byose bya muzika. Savara abaye umuhanzi wa kabiri wo muri Sauti Sol uri gukorana n’umugore we cyangwa se umukunzi we nyuma ya Bien Aime Baraza nawe urebererwa inyungu n’umugore we.

Abo muri Grammy birengagije Davido biteza intambara mu myidagaduro yo muri Nigeria

Abategura Grammy Awards bo muri Recording Academy bagaragaje abahanzi batatu batumye Afrobeats yamamara ku isi bavuga Wizkid, Burna Boy na Rema birangagiza Davido.  Abategura ibyo bihembo bamaze kuvuga abahanzi batatu bahagaze neza muri Nigeria byateje sahinda ku mbuga nkoranyamba bitewe n’uko birengagije Davido kandi ari umuhanzi ufatwa nk’uza muri batatu beza Nigeria yagize. Ni ibiganiro byatangiwe kuri X aho bareberega hamwe iterambere rya Afrobeats kuva mu 2010 kugeza mu 2025. Banakoze urutonde rw’indirimbo 10 zo muri Afrobeats hazamo iya 2Baba yitwa African Queen yo mu 2004, P-Sqaure mu ndirimbo yitwa  Do Me yo mu 2007, Bumper 2 Bumper ya Wande Coal yo mu 2009, Pon Pon Pony a Dagrin yo mu 2009, Azonto ya Fuse ODG na Tifanny Owusu yo mu 2014. Ojuelegba ya Wizkid yo mu 2014, Mad Over You ya Runtown yo mu 2016, Maradona ya Niniola yo mu 2017, Sungba ya Asake yo mu 2022 na Ozeba ya Rema yo mu 2024.

 Abasesenguzi bateye utwatsi ibitekerezo bibogamye bya Recording Academy

Umusesenguzi w’imyidagaduro muri Nigeria ubifatanya n’ubushabitsi,Anthony Udugba yabwiye LEGIT.NG ko ubuyobozi bwa Grammy Award ataribwo bufata iya mbere mu kumenya abahanzi beza babayeho muri Nigeria kuko inkuru yabo yasanze yuzuyemo kubogama cyane.

Yavuze ko kuvuga abahahanzi bagize uruhare mu iterambere rya Afrobeats ukirengagiza Davido uba utazi ibyo uvuga.

Yasobanuye ko bariya bakoresheje amarangamutima yabo n’ubufana bwinshi kuko Davido amaze ibinyacumi bibiri ahagaze neza bitandukanye na Rema utaramara ikinyacumi mu muziki. Yasabye Davido kutita ku bamuca intege ahubwo amusaba gukomeza kugeza kure umuziki wa Nigeria kuko abacantege batazigera babura mu rugendo rw’iterambere.

Uyu musesenguzi asanga uruganda rw’imyidagaduro rushingira cyane ku bitekerezo bwite by’abantu badafite amakuru ahamye nk’ababibamo mu buzima bwa buri munsi.