issa
FC Barcelona yashyize ku isoko abakinnyi 7 kubera umukinnyi umwe

FC Barcelona yashyize ku isoko abakinnyi 7 kubera umukinnyi umwe

Jul 3, 2025 - 09:46
 0

FC Barcelona irashaka kugurisha abakinnyi 7 kubera Nico Williams.


Hashize igihe bivuzwe ko ikipe ya FC Barcelona yamaze kumvikana na Nico Williams ariko haba ikibazo cy’uko uyu musore ashobora kutandikishwa.

Ibi byari byanatangajwe na Perezida wa Laliga, Janvier Tebas, avuga ko FC Barcelona kwandikisha Nico Williams bitazakunda kereka nigira icyo ikora.

Ku wa Gatatu tariki 2 Nyakanga 2025, nibwo hasohotse amakuru avuga ko FC Barcelona yongeye kuringaniza ibitabo byayo by’umutungo usubira kuri 1:1. Ibi byabaye nyuma yaho iyi kipe igurishije Ansu Fati werekeje muri AS Monaco.

Nubwo FC Barcelona kwandikisha Nico Williams bishoboka ariko irifuza kugurisha abakinnyi bagera kuri 7 kugirango itandikisha uyu musore hagahita hazamo icyuho nanone mu bitabo byayo by’umutungo.

Amakuru arimo kwandikwa n’ibitangazamakuru byinshi bya Esipanye, avuga ko abakinnyi barimo Marc Andres Terstegen, Andreas Christensen, Pablo Torres, Pau Victor bashyizwe ku isoko na FC Barcelona.

Abandi bakinnyi bagitekerezwaho barimo Fermin Lopez. Uyu musore bivugwa ko ikipe ishobora kuza itanga amafaranga meza FC Barcelona yayafata ikamurekura. Undi mukinnyi ni Marc Casado nawe ashobora kwerekeza muri Chelsea FC kuko ngo umwanya kuwubona wo gukina bishobora kuzamugora.

Marc Casado umwaka ushize ni umwe mu bakinnyi bafashije FC Barcelona gutwara igikombe cya shampiyona ariko nyuma yaho Marc Bernal akize imvune, Umutoza Hansi Flick yifuza kumugumana kuruta Marc Casado.

Ikipe ziyoboye izindi mu kwifuza Marc Casado harimo Chelsea FC ndetse na Atletico Madrid. Uyu musore FC Barcelona imushakamo Milliyoni 30 z’amayero.

FC Barcelona kandi bivugwa ko ishaka kugurisha kandi myugariro Hector Fort nyuma yaho iyi kipe ibona ko uyu mwana nta mwanya yabonye uhagije wo gukina ndetse n’iyi saison ya 2025/2026 bishobora kuzamugora.

Amakuru ava mu gihugu cy’ubutaliyani avuga ko FC Barcelona ishaka kwishyura Inter Milan Milliyoni 25 z’amayero yifuza kuri Danzel Damfries. Uyu mukinnyi akina nka myugariro uca ku ruhande rw’iburyo uzaza gufatanya na Jules Kounde.

Nico Williams vuba aratangazwa nk'umukinnyi wa FC Barcelona 

Barça 4-0 win over Dortmund in photos 

 

  

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

FC Barcelona yashyize ku isoko abakinnyi 7 kubera umukinnyi umwe

Jul 3, 2025 - 09:46
Jul 3, 2025 - 09:50
 0
FC Barcelona yashyize ku isoko abakinnyi 7 kubera umukinnyi umwe

FC Barcelona irashaka kugurisha abakinnyi 7 kubera Nico Williams.


Hashize igihe bivuzwe ko ikipe ya FC Barcelona yamaze kumvikana na Nico Williams ariko haba ikibazo cy’uko uyu musore ashobora kutandikishwa.

Ibi byari byanatangajwe na Perezida wa Laliga, Janvier Tebas, avuga ko FC Barcelona kwandikisha Nico Williams bitazakunda kereka nigira icyo ikora.

Ku wa Gatatu tariki 2 Nyakanga 2025, nibwo hasohotse amakuru avuga ko FC Barcelona yongeye kuringaniza ibitabo byayo by’umutungo usubira kuri 1:1. Ibi byabaye nyuma yaho iyi kipe igurishije Ansu Fati werekeje muri AS Monaco.

Nubwo FC Barcelona kwandikisha Nico Williams bishoboka ariko irifuza kugurisha abakinnyi bagera kuri 7 kugirango itandikisha uyu musore hagahita hazamo icyuho nanone mu bitabo byayo by’umutungo.

Amakuru arimo kwandikwa n’ibitangazamakuru byinshi bya Esipanye, avuga ko abakinnyi barimo Marc Andres Terstegen, Andreas Christensen, Pablo Torres, Pau Victor bashyizwe ku isoko na FC Barcelona.

Abandi bakinnyi bagitekerezwaho barimo Fermin Lopez. Uyu musore bivugwa ko ikipe ishobora kuza itanga amafaranga meza FC Barcelona yayafata ikamurekura. Undi mukinnyi ni Marc Casado nawe ashobora kwerekeza muri Chelsea FC kuko ngo umwanya kuwubona wo gukina bishobora kuzamugora.

Marc Casado umwaka ushize ni umwe mu bakinnyi bafashije FC Barcelona gutwara igikombe cya shampiyona ariko nyuma yaho Marc Bernal akize imvune, Umutoza Hansi Flick yifuza kumugumana kuruta Marc Casado.

Ikipe ziyoboye izindi mu kwifuza Marc Casado harimo Chelsea FC ndetse na Atletico Madrid. Uyu musore FC Barcelona imushakamo Milliyoni 30 z’amayero.

FC Barcelona kandi bivugwa ko ishaka kugurisha kandi myugariro Hector Fort nyuma yaho iyi kipe ibona ko uyu mwana nta mwanya yabonye uhagije wo gukina ndetse n’iyi saison ya 2025/2026 bishobora kuzamugora.

Amakuru ava mu gihugu cy’ubutaliyani avuga ko FC Barcelona ishaka kwishyura Inter Milan Milliyoni 25 z’amayero yifuza kuri Danzel Damfries. Uyu mukinnyi akina nka myugariro uca ku ruhande rw’iburyo uzaza gufatanya na Jules Kounde.

Nico Williams vuba aratangazwa nk'umukinnyi wa FC Barcelona 

Barça 4-0 win over Dortmund in photos