issa
Amerika yategetse Iran kwemera ibiganiro

Amerika yategetse Iran kwemera ibiganiro

Mar 26, 2026 - 11:54
 0

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yategetse Iran kwemera ibiganiro bitihi se ikaraswa mu buryo bwo kuyisenya. Perezida Donald Trump yateguje Iran kwemera ingingo 15 kugirango irangize intambara zo mu Burasirazuba bwo hagati.


Ushinzwe itangazamakuru rya Leta ya Washington, Karoline Leavitt yavuze ko Iran nitemera ko yatsinzwe intambara, hari gahunda yo kuyisenya burundu. Ntabwo Iran ikozwa ibyo guhagarika intambara kuko yakomeje kugaba ibitera I Abu Dhabi, byahitanye abantu babiri. Israel nayo ikomeje imirwano. Ku wa kane tariki 26 Werurwe 2026 umusirikare wa Israel yaguye muri Liban, aho bari kurwana na Hezibollah ifashwa na Iran.

Guhera ku itariki 02 Werurwe 2026, Hezbollah yatangiye intambara yeruye muri Liban aho iri guhorera amaraso y’umutegetsi w’ikirenga Ayatollah Ali Khamenei. Ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu bihugu birindwi bikize. Yateraniye I Paris, bakaba bari kwiga ku ntambara yo muri Iran, iyo muri Ukraine no muri Gaza.

Ni inama izamara iminsi ibiri, ariko Marco Rubio, umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika azayitabira ku munsi wa kabiri. Uwo muryango ugizwe n’Amerika, Canada, Germany, Italy, Japan, France n’Ubwongereza.

 

Amerika yategetse Iran kwemera ibiganiro

Mar 26, 2026 - 11:54
 0
Amerika yategetse Iran kwemera ibiganiro

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yategetse Iran kwemera ibiganiro bitihi se ikaraswa mu buryo bwo kuyisenya. Perezida Donald Trump yateguje Iran kwemera ingingo 15 kugirango irangize intambara zo mu Burasirazuba bwo hagati.


Ushinzwe itangazamakuru rya Leta ya Washington, Karoline Leavitt yavuze ko Iran nitemera ko yatsinzwe intambara, hari gahunda yo kuyisenya burundu. Ntabwo Iran ikozwa ibyo guhagarika intambara kuko yakomeje kugaba ibitera I Abu Dhabi, byahitanye abantu babiri. Israel nayo ikomeje imirwano. Ku wa kane tariki 26 Werurwe 2026 umusirikare wa Israel yaguye muri Liban, aho bari kurwana na Hezibollah ifashwa na Iran.

Guhera ku itariki 02 Werurwe 2026, Hezbollah yatangiye intambara yeruye muri Liban aho iri guhorera amaraso y’umutegetsi w’ikirenga Ayatollah Ali Khamenei. Ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu bihugu birindwi bikize. Yateraniye I Paris, bakaba bari kwiga ku ntambara yo muri Iran, iyo muri Ukraine no muri Gaza.

Ni inama izamara iminsi ibiri, ariko Marco Rubio, umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika azayitabira ku munsi wa kabiri. Uwo muryango ugizwe n’Amerika, Canada, Germany, Italy, Japan, France n’Ubwongereza.