issa
Amb. James  Ngango yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Jordanie

Amb. James Ngango yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Jordanie

May 14, 2025 - 12:43
 0

Kuri uyu wa Kabiri taliki 13 Gicurasi 2025, James Ngango, Ambasaderi w'u Rwanda muri Yorodaniya (Jordania), yashyikirije umunyamabanga mukuru wa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga  w’iki gihugu Amb Majed Al-Qatarneh, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu Bwami bwa Jordanie.


Nk’uko Ambasade y’u Rwanda mu Bwami bwa Jordania yabitangaje ibinyujije ku rubuga rwa X(Twitter),  Nyuma yo gutanga izi mpapuro, Amb Majed Al-Qatarneh  na we azazishyikiriza Umwami Abdullah II Ibin Al Hussein.

James Ngango yagizwe Ambasaderi n’inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 25 Mutarama 2024.

Ibihugu by’u Rwanda na Jordanie bisanzwe bifitanye amasezerano arimo ajyanye no guhana ibitekerezo mu bya politiki hagamijwe gushimangira ubufatanye mu bucuruzi n’ishoramari, ubukerarugendo n’ubuhinzi.

Si ibyo gusa kuko bifitanye  n’andi masezerano agamije guteza imbere uburezi n’ubushakashatsi.

 

Amb. James Ngango yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Jordanie

May 14, 2025 - 12:43
May 14, 2025 - 12:45
 0
Amb. James  Ngango yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Jordanie

Kuri uyu wa Kabiri taliki 13 Gicurasi 2025, James Ngango, Ambasaderi w'u Rwanda muri Yorodaniya (Jordania), yashyikirije umunyamabanga mukuru wa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga  w’iki gihugu Amb Majed Al-Qatarneh, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu Bwami bwa Jordanie.


Nk’uko Ambasade y’u Rwanda mu Bwami bwa Jordania yabitangaje ibinyujije ku rubuga rwa X(Twitter),  Nyuma yo gutanga izi mpapuro, Amb Majed Al-Qatarneh  na we azazishyikiriza Umwami Abdullah II Ibin Al Hussein.

James Ngango yagizwe Ambasaderi n’inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 25 Mutarama 2024.

Ibihugu by’u Rwanda na Jordanie bisanzwe bifitanye amasezerano arimo ajyanye no guhana ibitekerezo mu bya politiki hagamijwe gushimangira ubufatanye mu bucuruzi n’ishoramari, ubukerarugendo n’ubuhinzi.

Si ibyo gusa kuko bifitanye  n’andi masezerano agamije guteza imbere uburezi n’ubushakashatsi.