issa
Abantu 14 bakomerekeye mu gitero cy’Indege cy’Uburusiya

Abantu 14 bakomerekeye mu gitero cy’Indege cy’Uburusiya

May 2, 2025 - 08:41
 0

Igitero cy’indege zitagira abapilote (drones) cyakozwe n’u Burusiya ku mugoroba wo ku wa Kane cyatwitse inyubako mu mujyi wa Zaporizhzhia, mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Ukraine, gikomeretsa abantu 14 ariko ntawapfuye.


Abinyujije ku rukuta rwe rwa Telegram, Guverineri w’akarere, Ivan Fedorov, yasobanuye amakuru yari yatangajwe mbere ku bagizweho ingaruka, avuga ko inkuru yavugaga ko umuntu umwe yapfuye itari ukuri.

Yavuze ko umugabo wari wasizwe munsi y’ibisigazwa by’inyubako yasenyutse yakuweyo akiri muzima, yongeraho ko abantu icyenda bari kwitabwaho kwa muganga. 

Nk’uko yabivuze, ingabo z’u Burusiya zagabye nibura ibitero 10 ku mujyi, bigamije gusenya ingo z’abaturage, inyubako ndende z’amacumbi, ibigo by’amashuri, ndetse n’ahantu hakorerwa ibikorwa remezo.

Amafoto yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragazaga inyubako irimo gushya n’amatsinda y’abatabara barimo kwicisha mu bisigazwa by’inyubako zangiritse no kuzamuka ku ruhande rwazo bakoresheje imirindankuba miremire.

Ifoto imwe yagaragaje itsinda ry’abatabazi ritwara umuntu wakomeretse bamujyana ahari umutekano.

Abantu 14 bakomerekeye mu gitero cy’Indege cy’Uburusiya

May 2, 2025 - 08:41
May 2, 2025 - 10:08
 0
Abantu 14 bakomerekeye mu gitero cy’Indege cy’Uburusiya

Igitero cy’indege zitagira abapilote (drones) cyakozwe n’u Burusiya ku mugoroba wo ku wa Kane cyatwitse inyubako mu mujyi wa Zaporizhzhia, mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Ukraine, gikomeretsa abantu 14 ariko ntawapfuye.


Abinyujije ku rukuta rwe rwa Telegram, Guverineri w’akarere, Ivan Fedorov, yasobanuye amakuru yari yatangajwe mbere ku bagizweho ingaruka, avuga ko inkuru yavugaga ko umuntu umwe yapfuye itari ukuri.

Yavuze ko umugabo wari wasizwe munsi y’ibisigazwa by’inyubako yasenyutse yakuweyo akiri muzima, yongeraho ko abantu icyenda bari kwitabwaho kwa muganga. 

Nk’uko yabivuze, ingabo z’u Burusiya zagabye nibura ibitero 10 ku mujyi, bigamije gusenya ingo z’abaturage, inyubako ndende z’amacumbi, ibigo by’amashuri, ndetse n’ahantu hakorerwa ibikorwa remezo.

Amafoto yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragazaga inyubako irimo gushya n’amatsinda y’abatabara barimo kwicisha mu bisigazwa by’inyubako zangiritse no kuzamuka ku ruhande rwazo bakoresheje imirindankuba miremire.

Ifoto imwe yagaragaje itsinda ry’abatabazi ritwara umuntu wakomeretse bamujyana ahari umutekano.