issa
Umuraperi Ninho yakoreye amateka muri Stade de France

Umuraperi Ninho yakoreye amateka muri Stade de France

May 7, 2025 - 10:08
 0

Umuraperi ukomoka mu Bufaransa Ninho, yakoze amateka yo kuba ari we muraperi wa mbere ukomoka mu Bufaransa ubashije kuzuza Stade de France amajoro abiri yikurikiranya ibintu bikorwa na bake.


Uyu musore ukiri muto ku myaka 29 y'amavuko, yabaye umuraperi wa mbere w'Umufaransa unaririmba mu gifaransa ubashije kuzuza Stade de France yakira abantu ibihumbi 80 iminsi ibiri yikurikiranye.

Iki ni igitaramo cyabaye ku wa 02 Gicurasi na tariki ya 03 Gicurasi 2025 aho abantu bakubise bakuzura, ni mu gihe kandi yari afite n'abandi benshi bamufashije gususurutsa imbaga.

Ninho akaba yararirimbye indirimbo zirenga 60. Mu 2022, akaba ari bwo indi Band yitwa "Indochine", yakoreye igitaramo muri iyi stade kitabirwa n'abantu 97,816.

William Nzobazola amazina nyakuri ya Ninho, akaba yaravukiye mu gace ka Longjumeau kari mu bilometero 18 mu Majyepfo y'Umujyi wa Paris.

Umuhanzi wo muri Nigeria Burna Boy akaba nawe muri Mata 2025 yarujuje Stade de France imwe mu z'amateka ziri kuri uyu mubumbe.

Umuraperi Ninho yakoreye amateka muri Stade de France

Umuraperi Ninho yakoreye amateka muri Stade de France

May 7, 2025 - 10:08
 0
Umuraperi Ninho yakoreye amateka muri Stade de France

Umuraperi ukomoka mu Bufaransa Ninho, yakoze amateka yo kuba ari we muraperi wa mbere ukomoka mu Bufaransa ubashije kuzuza Stade de France amajoro abiri yikurikiranya ibintu bikorwa na bake.


Uyu musore ukiri muto ku myaka 29 y'amavuko, yabaye umuraperi wa mbere w'Umufaransa unaririmba mu gifaransa ubashije kuzuza Stade de France yakira abantu ibihumbi 80 iminsi ibiri yikurikiranye.

Iki ni igitaramo cyabaye ku wa 02 Gicurasi na tariki ya 03 Gicurasi 2025 aho abantu bakubise bakuzura, ni mu gihe kandi yari afite n'abandi benshi bamufashije gususurutsa imbaga.

Ninho akaba yararirimbye indirimbo zirenga 60. Mu 2022, akaba ari bwo indi Band yitwa "Indochine", yakoreye igitaramo muri iyi stade kitabirwa n'abantu 97,816.

William Nzobazola amazina nyakuri ya Ninho, akaba yaravukiye mu gace ka Longjumeau kari mu bilometero 18 mu Majyepfo y'Umujyi wa Paris.

Umuhanzi wo muri Nigeria Burna Boy akaba nawe muri Mata 2025 yarujuje Stade de France imwe mu z'amateka ziri kuri uyu mubumbe.

Umuraperi Ninho yakoreye amateka muri Stade de France