issa
Umunyarwenya Reign yiyongereye mu byamamare bishyigikiye Bobi Wine

Umunyarwenya Reign yiyongereye mu byamamare bishyigikiye Bobi Wine

May 23, 2025 - 17:00
 0

Umunyarwenya wo muri Uganda, Lubega Obedi Reign, yatangaje ko afite intego yo gukora uko ashoboye umuyobozi w'ishyaka rya 'National Unity Platform' (NUP), Robert Kyagulanyi (Bobi Wine), akaba Perezida.


Mu kiganiro aheruka gutanga, Reign yavuze ko intego ye ya mbere afite ari ugufasha Perezida w’ishyaka rye, Robert Kyagulanyi Sentamu, kuzagera ku mwanya wa Perezida wa Uganda.

Reign, wamamaye cyane mu rwenya muri Uganda, yavuze ko azakoresha umwanya we mu Nteko Ishinga Amategeko mu gushyigikira no kwamamaza ibitekerezo byo guhindura uburyo Perezida wa Uganda atorwamo.

Yatangaje ko yemera ko Perezida akwiriye gutorwa n’abagize Inteko Ishinga Amategeko aho gutorerwa mu matora rusange.

                                                 Bobi Wine akomeje kugwiza abarwanashya bashya muri NUP 

Yagaragaje ko iyo gahunda ibayeho izafasha Bobi Wine gutsinda amatora ya perezida no kuyobora igihugu.

Icyemezo cya Reign cyo kwinjira muri politiki cyashishikaje abantu benshi, yaba abakunzi be ndetse n’abakurikiranira hafi ibya politiki. Mu gihe yitegura kwiyamamariza umwanya w’Umudepite wa Lubaga y'Amajyepfo, benshi bamuhanze amaso ngo barebe ko izina afite mu myidagaduro rizamufasha kugera ku ntsinzi muri politiki.

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: anselmetuyizere07@gmail.com

Umunyarwenya Reign yiyongereye mu byamamare bishyigikiye Bobi Wine

May 23, 2025 - 17:00
May 23, 2025 - 18:07
 0
Umunyarwenya Reign yiyongereye mu byamamare bishyigikiye Bobi Wine

Umunyarwenya wo muri Uganda, Lubega Obedi Reign, yatangaje ko afite intego yo gukora uko ashoboye umuyobozi w'ishyaka rya 'National Unity Platform' (NUP), Robert Kyagulanyi (Bobi Wine), akaba Perezida.


Mu kiganiro aheruka gutanga, Reign yavuze ko intego ye ya mbere afite ari ugufasha Perezida w’ishyaka rye, Robert Kyagulanyi Sentamu, kuzagera ku mwanya wa Perezida wa Uganda.

Reign, wamamaye cyane mu rwenya muri Uganda, yavuze ko azakoresha umwanya we mu Nteko Ishinga Amategeko mu gushyigikira no kwamamaza ibitekerezo byo guhindura uburyo Perezida wa Uganda atorwamo.

Yatangaje ko yemera ko Perezida akwiriye gutorwa n’abagize Inteko Ishinga Amategeko aho gutorerwa mu matora rusange.

                                                 Bobi Wine akomeje kugwiza abarwanashya bashya muri NUP 

Yagaragaje ko iyo gahunda ibayeho izafasha Bobi Wine gutsinda amatora ya perezida no kuyobora igihugu.

Icyemezo cya Reign cyo kwinjira muri politiki cyashishikaje abantu benshi, yaba abakunzi be ndetse n’abakurikiranira hafi ibya politiki. Mu gihe yitegura kwiyamamariza umwanya w’Umudepite wa Lubaga y'Amajyepfo, benshi bamuhanze amaso ngo barebe ko izina afite mu myidagaduro rizamufasha kugera ku ntsinzi muri politiki.